Karongi: Urukiko rwakatiye umugore wari ukurikiranweho kwiyicira umwana

Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo umugore w’imyaka 31 wari ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana yibyariye ndetse n’icyaha cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu. Icyaha yari akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 20/03/2026 mu rugo iwabo aho avuka mu Mudugudu wa Duhati, mu Kagali ka Murehe, mu Murenge wa Twumba, mu […]
Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’u Burusiya kubera M23

Guverinoma ya Ukraine yasubije u Burusiya bwayishinje kuba iri mu bihugu biha ubufasha umutwe wa M23 ugenzura ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ivuga ko ibyo birego ari ibinyoma. U Burusiya bwashinje Ukraine guha M23 ubufasha biciye muri Minisitiri wabwo w’Ububanyi n’Amahanga, Sergey Lavrov, […]
FARDC yakiriye izindi drones kabuhariwe zikorwa na Turkiya

Amakuru aturuka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ataremezwa n’urwego urwo ari rwo rwose rubifitiye ububasha, aravuga ko Igisirikare cya FARDC cyakiriye indege 3 zitagira abapilote zigezweho zikorerwa muri Turkiya. Izi ni indege zitagira abadereva zo mu bwoko bwa Bayraktar AKINCI zishobora kwikorera ibisasu byinshi, birimo misile zo mu bwako bwa “cruise missiles” n’ibisasu bikoreshwa […]
Yatanze asize Qatar ihanganye n’ibihangange: Ni nde Sheikh Hamad?

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, isi yakiriye inkuru y’urupfu rwa Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani, wahoze ari Emir wa Qatar, umugabo benshi bafata nk’uwubatse Qatar ya none. Nubwo yari yarasezeye ku butegetsi mu 2013, umurage we wakomeje kugaragara mu bukungu, muri dipolomasi no muri siporo mpuzamahanga. Uyu mugabo yatanze afite imyaka 74, asize […]
RDC: Moise Nyarugabo wahoze ari senateri yagaragaye Point Zero

Uwahoze ari Senateri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Moïse Nyarugabo, uri mu begereye Joseph Kabila, yasuye Point Zéro nyuma y’iminsi micye habohojwe n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho. Mu butumwa yanditse kuri X yakurikije amafoto ye ari muri aka gace ka Point Zero, Moise Nyarugabo yibajije niba yari kubasha kuhasura iyo haba hakigenzurwa n’uruhande rwa leta. […]
Uganda: Hafashwe abanyamahanga basaga 1000 biganjemo Abashinwa

Inzego z’umutekano za Uganda zataye muri yombi abanyamahanga barenga 1.000, abenshi muri bo bakaba ari Abashinwa, mu byo abantu bavuze ko ari kimwe mu bikorwa bikomeye mu gihugu birwanya itsinda ry’abagizi ba nabi mpuzamahanga bashinjwa gutegura uburiganya bwo kuri interineti, kwinjira mu bikorwa remezo by’ingenzi mu buryo butemewe no gukoresha “call centers” zitemewe. Iki gikorwa […]
Abanyarwanda 42 biga hanze baganirijwe ku ruhare rwa RDF mu kurinda ubusugire bw’igihugu

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, uyu munsi yakiriye ku Cyicaro Gikuru cya RDF giherereye i Kimihurura itsinda rigizwe n’urubyiruko 42 rw’Abanyarwanda biga mu mahanga. Aba banyeshuri baturutse mu Bubiligi, Kanada, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa na Nijeriya, bari mu Rwanda mu rugendo rwiswe Youth Tour 2026. […]
Beni: Ba ofisiye batatu ba FARDC bakatiwe urwo gupfa

Urukiko rwa Gisirikare rwa Beni, rwakatiye abasirikare batatu bakuru bo mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) igihano cy’urupfu, nyuma y’urubanza rwaregwagamo abandi babiri biyise ba komanda bakatiwe igifungo cy’imyaka 20. Umwanzuro w’urukiko watanzwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu, itariki ya 10 Nyakanga 2026, i Beni, umurwa mukuru w’agateganyo w’intara ya Kivu […]
Iran yongeye gufunga Umuhora wa Hormuz

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, Ingabo zirwanira mu mazi za Iran zatangaje ko zafunze Umuhora wa Hormuz nyuma y’uko amato menshi agerageje kunyura muri iyi nzira yo mu mazi y’ingenzi cyane. Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri Telegram rivuga ko harashwe amasasu yo kuburira ku mato kandi hafatwa amwe muri ayo mato. Itangazo rivuga ko “Umuhora […]