Kimenyi Yves na Muyango bagiye gutandukana nta mitungo bagabanye

Kimenyi Yves, umunyezamu w’Amavubi, na Miss Muyango Claudine bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane, nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe. Ikinyamakuru IGIHE cyivuga ko aba bombi bamaze kumvikana ku gutandukana, ndetse bakaba baranashyize umukono ku masezerano yabyo imbere ya noteri n’ababahagarariye mu mategeko. Muri ayo masezerano y’ubutane, hagaragaramo ko nta mitungo ihuriweho bafite bagomba kugabana, […]
Ifatwa ry’intwaro nyinshi i Burundi: Dore ibikekwa ko Gitega yaba iri gutegura

Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika bwatangaje ko bwatangiye gukurikirana mu nkiko itsinda ry’abantu bakekwaho kugira uruhare mu bucuruzi butemewe bw’intwaro bakoresheje inyandiko mpimbano. Ibihanga ku makuru yatanzwe kuri iki kibazo, hari abo byatumye batangira gukeka ko Gitega yaba ifite umugambi wo kugira abo yikiza ibinyujije mu kubagerekaho ibyaha. Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, Ubushinjacyaha Bukuru […]
Trump ari kwiyegereza Kim Jong Un

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kugaragaza ubushake bwo kugirana ibiganiro na Kim Jong Un, umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, mu gihe umubano wa Washington na Koreya y’Epfo utameze neza. Trump yavuze ko ibiganiro aherutse kugirana n’ubuyobozi bwa Koreya ya Ruguru byagenze neza, ndetse avuga ko umubano we na Kim Jong […]
APR BBC yanyagiye Patriots, Craig Randall akora ibidasanzwe (Amafoto)

Ikipe ya APR BBC yitwaye neza itsinda Patriots BBC amanota 117-91, mu mukino wa shampiyona ya Basketball Rwanda wabaye mu ijoro ryo ku wa 18 Kanama 2026. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere muri irindwi agomba gukina, mbere y’uko hamenyekana iyegukana igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka. Ni umukino waranzwe no guhatana ku mpande […]
Imyaka 19 ya Yann Diomandé ukinira Real Madrid ntivugwaho rumwe

Impaka zikomeje ku mbuga nkoranyambaga ku myaka y’umukinnyi Yann DiomandĂ©, nyuma y’uko yerekeje muri Real Madrid. Hari amafoto n’amakuru byakwirakwijwe bigamije gushidikanya ku myaka ye, ariko kugeza ubu nta kimenyetso cyizewe cyerekana ko imyaka atanga atari yo. DiomandĂ© avuga ko afite imyaka 19. Nyamara, kuva yatangira kuvugwa cyane mu bijyanye n’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, […]
Abadepite barenga 50 ba Amerika batanze impuruza ku masezerano y’amabuye y’agaciro ya Trump na KinshasaÂ

Abadepite 54 bo muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, basabye ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump ibisobanuro birambuye ku masezerano y’amabuye y’agaciro Amerika iri kugirana n’ibihugu bitandukanye, by’umwihariko Congo Kinshasa. Mu ibaruwa aba badepite bandikiye abarimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio ku wa 17 Kanama, basabye Washington gusobanura uko ayo masezerano […]
Gen. Muzinga yarusimbutse, abacanshuro bari kumwe na we barapfa

General-Major Élie Ndizigiye uzwi nka Muzinga wari umaze iminsi mike ageze i Fizi, yarokotse igitero cya drone cyagabwe kuri hoteli yari amaze kuvamo, mu gihe abacanshuro b’abanyamahanga bari kumwe na we bishwe. Ku wa 16 Kanama 2026 ni bwo Gen. Muzinga usanzwe ari Umugaba wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’u Burundi, yageze i Fizi muri […]
Akagambane ko gukandamiza u Rwanda? Tshisekedi na Tanzania baba bishyize hamwe nyuma y’icyemezo cya Kigali kuri za Kiwingu

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tanzania bishyize hamwe mu bucuruzi, amabuye y’agaciro n’umutekano, mu gihe Kinshasa ishaka abafatanyabikorwa mu guhangana na AFC/M23 n’u Rwanda. Ku wa Kabiri tariki ya 18 Kanama ni bwo Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa RDC yasoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Tanzania. Ni uruzinduko rwasize ahuye anagirana ibiganiro na mugenzi […]
U Burundi buravuga ko bwafatiye intwaro agahishyi ku butaka bwabwo, bufunga abarimo umunyamahanga

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi bwatangaje ko bwafatiye umubare munini w’intwaro ku butaka bw’iki gihugu, mu iperereza ku bantu bakekwaho kuzitambutsa mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakoresheje inyandiko mpimbano. Mu itangazo ryasohowe ku wa 18 Kanama 2026, Ubushinjacyaha bwavuze ko bwatangiye gukurikirana mu butabera itsinda ry’abantu rigizwe n’abanyamahanga ndetse n’Abarundi, bakekwaho kugira uruhare mu gutwara umuzigo w’intwaro […]
RNCDA yashyigikiye ingamba za Leta zo kurwanya inzoga zitemewe

Umuryango Nyarwanda ushinzwe kurwanya indwara zitandura, RNCDA, wavuze ko ushyigikiye ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu gukaza igenzura no kurwanya inzoga zitemewe, uvuga ko ari intambwe ikomeye mu kurengera ubuzima bw’abaturage. Mu itangazo ryawo ryo ku wa Kabiri tariki ya 18 Kanama, RNCDA yashimye Minisiteri y’Ubuzima n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ibiribwa n’Imiti ku kongera ubugenzuzi, gufunga […]