Ikipe ya Kiyovu Sport inaniwe gitsinda Rayon Sports binganya ibitego 2 kuri 2 bituma Kiyovu imara imyaka igera kuri 6 itazi uko gutsinda Rayon Sports bisa
Rutahizamu wa Rayon Sports Shaban Hussein Tchabalala niwe utabaye iyi kipe mu minota ya nyuma y’umukino , bituma ikura inota rimwe kuri Kiyovu. Rayon Sports yakinaga yishyura dore ko Kiyovu ariyo yabanje gutsinda igitego ku munota wa 25 gitsinzwe na Mugheni Fabrice. Uyu akaba yaranakiniye Rayon mu myaka yashize.
Ikipe ya Rayon Sport yaje gukomeza kwataka bituma yishyura igitego kuri penaliti yatewe neza na Bimenyimana Bonfils Caleb ku munota wa 53. Kiyovu yaje kubona ikindi gitego ku munota wa 58 gitsinzwe na Moustapha Francis . Rayon Sport yaje gukora impinduka zitandukanye ishyiramo abataka benshi , bituma Shaban Hussein Tchabalala yishyura igitego ku munota wa 82.
Kiyovu Sport yananiwe gutsinda Rayon Sport bituma yuzuza imyaka 6 idatsinda Rayon Sports. Kiyovu Sports iheruka gutsinda Rayon kuwa 21 Mata 2012. Umukino wa Kiyovu na Rayon niwo mukino wa kabiri uhuza abafana benshi nyuma y’uhuza APR na Rayon. Aya makipe yahoze ari amakeba kuva muri 1963.
Uyu mukino wari umunsi wa 17 wa shampiyona. Rayon Sport ikaba igize amanota 31 naho kiyovu ikaba ifite amanota 29. Kugeza ubu ikipe ya APR FC niyo iyoboye urutonde n’amanota 34 naho Miroplast niyo ya nyuma n’amanota 13.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nkurunziza Viateur Bwiza.com


