Seninga yabonye indi kipe atoza nyuma yo gusezera muri Police Fc

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umutoza mukuru w’ikipe ya Police Fc, Seninga Innocent yamaze gusinya amasezerano mashya yo gutoza ikipe ya Musanze FC.

Nyuma y’uko byavuzwe ko Seninga ashobora kugirwa umutoza wungirije muri Rayon Sports si ko byagenze kuko kuri uyu wa 2 Gicurasi 2018, yasinye mu ikipe ya Musanze Fc akaba agiye gukomezanya nayo imikino isigaye ya Shampiyona y’u Rwanda ‘ Azam Rwanda Premier league’ .

Nk’uko bigaragara ku rukuta rwa twitter rwa Musanze Fc, umutoza Seninga yamaze kwemezwa nk’umutoza mukuru w’iyi kipe mu gihe cy’amezi 6, nyuma akazahabwa amasezerano y’igihe kirekire bitewe n’umusaruro azasozanya shampiyona 2017/2018.

musanze

Seninga Innocent akaba asimbuye muri Musanze, umutoza Rumumba Sosthene na we wasezeye ku kazi ko gutoza iyi kipe muri Gashyantare 2018, kubera umusaruro muke.

Seninga Innocent akaba yaravuye mu ikipe ya Eticelles umwaka  w’imikino wa 2015/2016 irangiye, aho yahise yerekeza mu ikipe ya Police FC mu mwaka w’imikino wa 2016/2017 ayivamo muri Mata 2018.

Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *