Minisitiri w’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko undi muntu umwe yishwe na Ebola ku Cyumweru tariki ya 20 Gicurasi 2018.
Byatumye umubare w’abazize iyo ndwara ugera kuri 26 kuva icyo cyorezo cyadutse mu ntara ya Equateur mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’igihugu.
VOA itangaza ko Kuva iki cyorezo gitangiye kuvugwa, abantu 46 bose hamwe banduye indwara itera umuriro no kuvirirana. 21 byemejwe ko barwaye Ebola. Abandi 21 bashobora kuba bayirwaye. Naho bane biracyekwa cyane ko baba barwaye iyo ndwara ya Ebola.
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize nibwo Perezida Joseph Kabila n’Abaminisitiri be bafashe icyemezo cyo kongera amafaranga mu kigega cyagenewe gufasha kurwanya Ebola byihutirwa. Ayo mafaranga amaze kurenga miliyoni enye z’amadolari.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



