RDC: Abantu 10 bishwe n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda

Sangiza iyi nkuru

Abantu 10 bishwe n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda zikaba zikorera ibikorwa bya Kinyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Izi nyeshyamba ziciye aba bantu ndetse zinasahura mu gace ka Mangboko muri Beni ku cyumweru tariki ya 2o Gicurasi 2018.

Nk’uko umunyamabanga wa sosiyeti Sivile muri Beni, Janvier Kasayiryo yabitangarije Radiyo Okapi, ngo izi nyeshyamba zagabye igitero ahagana saa 18h30 i Mangboko.

Ati “ ADF baraje bahagarika imodoka (voiture) iyo modoka yatwikiwe aho, bahise bigabiza amaduka abiri bariba. Ndetse banigabiza farumasi imiti yose barapakira baratwara, banica abantu 10 bose bo mu gace ka Mangboko”.

Akomeza avuga ko ubwo ingabo za Leta hamwe n’iza MONUSCO zatabaraga, zakozanyijeho n’izi nyeshyamba za ADF, zihita zihunga ziva muri aka gace zazengereje.

Mu kunamira izi nzirakarengane zishwe n’izi nyeshyamba, sosiyeti sivile muri Beni yashyizeho iminsi ibiri y’icyunamo.

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *