Umugore wa Trump ntakigaragara mu ruhame asigaye akorera akazi kuri Twitter

Sangiza iyi nkuru

Melania Trump umufasha wa Trump perezida wa Amerika amaze iminsi 19 atagaragara mu ruhame, aho ku wa 10 Gicurasi 2018, ari bwo abantu baheruka kumuca iryera bakira imfungwa eshatu z’Abanyamerika zarekuwe na Koreya ya Ruguru.

Nyuma y’iminsi ine umuvugizi we Stephanie Grisham yasohoye itangazo avuga ko Melania Trump, yagiye kwa muganga kwivuza impyiko ariko byagenze neza.

Nyuma gato yitangazwa ry’uko yagiye kwivuza impyiko nukuvuga tariki 24 Gicurasi 2018 yanditse kuri Twitter ye ashimira aho yivurije mu bitaro bya gisirikare, Walter Reed Military Medical Center’, abantu bose bamwifurije gukira vuba n’abamusengeye, yizeza ko agiye gusubira muri White House vuba.

Kuri iyi tariki ya 24 Gicurasi 2018 nubundi yarongye yandika kuri Twitter yihanganisha abagizweho ingaruka n’ibitero bya Santa Fe na Texas, ndetse kuri uyu wa Mbere ashimira abitangiye Amerika bose ikaba igihugu cy’igihangange.

CNN yo yatangaje ko ibi byatumye abantu benshi bibaza impamvu Melania Trump atagaragara mu ruhame kandi kuri Twitter, akavuga. Hari n’abatangiye kuvuga ko yaba yarasubiye i New York.

Nubwo bimeze gutyo ariko Umuvugizi we Grisham,aracyashimangira ko ameze neza. ndetse ubuzima bwe ari ntamakwemwa.

Aline Kabageni

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *