Minisitiri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mike Pompeo ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 30 Gicurasi 2018, yasangiye na Gen. Kim Young Chol wo muri Koreya ya Ruguru.
Gen. Kim Young Chol agiye muri Amerika nk’intumwa ya Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, mu gihe Perezida Trump na Kim Jong bateganya guhurira i Singapore ku wa 12 Kamena 2018.
Uyu mujenerali, ni we muyobozi wa Koreya ya Ruguru ukomeye ubashije kuba yakandagiza ikirenge cye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu myaka 18 ishize.
Nk’uko Radiyo ijwi rya Amerika ibitangaza, ngo ibiro by’umukuru w’igihugu ‘White House’ bitangaza ko Jenerali Kim na Pompeo bagirana ibiganiro birebire kuri uyu wa Kane.
Umubano wa Koreya ya Ruguru na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wamaze imyaka myinshi warazambye kubera ko zari zicuditse na Koreya y’Epfo, nayo yari imaze imyaka isaga 50 idacana uwaka n’iya Ruguru, ubu ibi bihugu byose bikaba byarateye intambwe igaragaza ko biri mu nzira y’ubwiyunge.


