Abantu batanu barimo n’abayobozi b’akarere ka Burera batawe muri yombi, aho bakurikiranweho gukoresha nabi umutungo wa Leta.
Aba bagabo batanu bafashwe ku wa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018, bashinjwa gukoresha nabi umutungo wa Leta, itonesha n’icyenewabo.
Abatawe muri yombi bari barasezeye ku kazi, ni Sembagare Samuel wahoze ari umuyobozi w’akarere, Zaraduhaye Joseph wahoze ari umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu.
Abari bakarimo, ni Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Habumuremyi Evariste, gitifu w’akarere, Kamanzi Raymond ndetse na Mujyambere Stanislas usanzwe ari Division Manager.
Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha, Mbabazi Modeste aremeza aya makuru, akavuga ko bafunzwe bakurikiranyweho gutanga amasoko bidaciye mu ipiganwa,… Bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Burera.
Sembagare Samuel akurikiranwe hamwe n’aba bandi mu gihe yahoze ari Umuyobozi w’aka karere kuva 2009 kugeza 2016.
Iri tabwa muri yombi ribaye kuri uyu munsi, aribwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Kamanzi Raymond n’abandi bayobozi bari imbere ya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta (PAC) babazwa ku masoko yatanzwe ku biciro bidasanzwe, bigendanye n’ibibazo by’imicungire mibi y’umutungo wa leta.
Ibiciro bidasanzwe binagaragara muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2016/17 hari aho ngo bigaragara ko printer yaguzwe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri, photocopieuze ya 3000 na Scaner ya 10.000 y’amanyarwanda.


