Uwahoze ari umukuru w’igipolisi mu mujyi wa Kampala, CP Frank Mwesigwa arahakana amakuru ari guhwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yihishe nawe atinya gutabwa muri yombi kimwe n’uwahoze amuyobora, Gen Kale Kayihura.
Frank Mwesigwa ati: “Ntabwo nihishe cyangwa mfunzwe nk’uko bihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga”
Ibi Frank Mwesigwa wahoze ari komanda wa polisi ya Kampala abitangaje nyuma y’itabwa muri yombi rimaze iminsi rya bagenzi be barimo uwahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura.
Iyi nkuru dukesha chimpreports ikomeza ivuga ko igisirikare cyanataye muri yombi uwahoze akuriye umutwe kabuhariwe w’igipolisi (Police Flying Squad) witwa Herbert Muhangi ndetse n’uwari ukuriye polisi mu majyepfo ya Kampala, Siraje Bakaleke.
Uwahoze akuriye ishami ry’ubutasi ku byaha, Lt Col Atwooki Ndahura nawe ari mu batawe muri yombi n’igisirikare ku mpamvu zifitanye isano n’itabwa muri yombi rya Gen Kayihura.
Iri tabwa muri yombi rero ngo niryo ryatumye benshi bakeka ko Mwesigwa nawe ari mu byago, aho ndetse hari n’amakuru yavugaga ko igisirikare kiri kumushakisha kandi yihishe.
Uyu Frank Mwesigwa yagiye ku buyobozi bw’igipolisi muri Kampala asimbuye AIGP Abbas Byakagaba muri Nyakanga 2016.
Yavutse ku itariki 02 Mata 1980, avukira mu Karere ka Kazo mber yo kwimukira mu Karere ka Kiruhura. Yize amashuri abanza ku ishuri ribanza rya Kashwa mu Karere ka Kiruhura, akomereza ayisumbuye ku ishuri ryisumbuye rya Mbarara mbere yo kujya muri kaminuza ya Makelele, aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’imbonezamubano. Afite n’impamyabumenyi yo ku rwego rwa Masters mu bijyanye no kwimakaza amahoro no gukemura amakimbirane yakuye muri Kaminuza mu Rwanda.
Ni umuhungu wa w’uwahoze ari reverend witwa Canon Patrick Bwerere, akaba yarinjiye mu gipolisi mu 2007, aho yabanje gukorera mu ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba nyuma yo gusoza y’imyitozo ku bumenyi bwa gisirikare mu ishuri rya polisi rya Kabalye.


