Amerika yafatiye ibihano bamwe mu bayobozi ba Congo

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziratangaza ko zafatiye ibihano bamwe mu bayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinjwa ruswa.

N’ubwo birinze gutangaza amazina n’umubare w’abayobozi bafatiwe ibihano, Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) itangaza ko aba bayobozi bashinjwa ruswa mu bikorwa byo gutegura amatora.

Nyuma yo kubafatira ibihano, abo bayobozi ngo ntibemerewe kugirira ingendo muri Amerika bitewe n’izo ruswa bashinjwa.

Perezidansi ya USA itangaza ko ‘Nubwo abo bantu batatangajwe amazina ngo ruswa ntabwo yemewe, idindiza ibigo bya Leta ikanagira ingaruka ku iterambere ry’igihugu”.

Aba bantu bafatiwe ibihano kandi banashinjwa guhutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Ikigarukwaho muri ibi bihano, ni amanyanga ngo yaba yarakozwe ngo hashakwe uburyo Perezida Kabila yaguma ku buyobozi.

Umuvugizi muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Amerika, Heather Nauert avuga ko amatora agomba kuzaba mu Ukuboza 2018, agakorwa mu mucyo unogeye abanyecongo, ati “Akaba amatora yo guha amahirwe abanyecongo yo kuyakora batuje, bagaragaza ibitekerezo byabo nta bwoba bwo guhohoterwa cyangwa gufungwa umunwa”.

RFI ikomeza itangaza ko hashize igihe Leta ya Congo ishinjwa guhutaza uburenganzira bw’abaturage, bangirwa kwigaragambya ngo bagaragaze ibitekerezo byabo muri politiki y’igihugu cyabo. Abantu 16 bari mu buyobozi bakaba barafatiwe ibihano n’umuryango w’ibihugu by’i Burayi, bashinjwa kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *