Abayobozi ba za business muri East Africa bagaragaje impungenge bafitiye igabanyuka rikomeje ry’ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize uyu muryango, aho bamwe bemeza ko bitajyanye na gahunda ihari yo kwihuza.
Umuyobozi mushya w’Akanama ka East Africa gashinzwe za Business (East African Business Council (EABC)), Nicholas Nesbitt, yavuze ko ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize EAC bwagabanyutseho 10.1% hagati ya 2013 na 2014, ndetse bukarushaho kugabanyuka kugeza kuri 14.6% hagati ya 2015 na 2016.
Yagize ati: “ Iki ntabwo ari ikimenyetso kiza kuri business mu karere .”
Gukomeza kugabanyuka k’ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ahanini gushyirwa ku mbogamizi zikomeje z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro (non-tariffs barriers), akarere kakomeje guhangana nazo imyaka myinshi ariko ntikazirandure.
Bwana Nesbitt anabishyira ku ikumirwa ku bicuruzwa bimwe byoherezwa cyangwa bitumizwa hagati y’ibihugu bigize umuryango.
Yavuze ko inshingano uru rwego ayoboye rufite status y’ubugenzuzi muri EAC, zari kureba no kumenya ko ibicuruzwa na serivisi bihererekanwa neza mu rwego rwo kwihutisha kwishyira hamwe kw’akarere.
Uyu mugabo akaba yongeyeho ko ibi bitashoboka keretse guverinoma z’ibihugu bigize EAC bikoranye bya hafi bigateza imbere umwuka wo gukoreramo business. Yanavuze ko ubucuruzi hagati y’ibihugu bushobora no gutezwa imbere binyuze mu kuvugurura ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwihutisha urujya n’uruza rw’ibicuruzwa na serivisi.
The New Times ivuga ko ubwo yabazwaga kugira icyo avuga kuri ibi bintu, umukozi mu bunyamabanga bwa EAC, yemeye ko koko ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize umuryango bugenda bugabanyuka, ariko ko iki kibazo cyagiye kigarukwaho mu nama zo ku rwego rwo hejuru ziheruka.
Yavuze ko Akanama k’Abaminisitiri ba EAC, gashinzwe politiki, muri uyu mwaka kategetse ubunyamabanga bwa EAC kugaragaza impamvu z’iri gabanyuka.
Nyamara ariko, umusesenguzi mu karere ufite icyicaro Arusha yavuze ko impamvu nyamukuru ari ikibazo cya Non tariff barriers.
Raporo y’ubucuruzi n’ishoramari ya EAC yo mu 2016 ikaba yaragaragaje ko ubucuruzi hagati y’ibihugu bwagabanyutse bikabije mu 2015.
Mu 2016, ubucuruzi muri rusange bwagabanyutseho 19.5% bingana na miliyari 44.6$ bivuye kuri miliyari 55.4$ mu 2015.
Kugabanyuka bikavugwa ko kwatewe no kwiyongera kudasanzwe kw’ibisabwa n’ibiciro byo kohereza hanze bitajyanye n’umwuka uri mu bucuruzi ku Isi muri rusange utameze neza.
Ibyoherezwa hanze byagabanyutseho 6.8% bingana na miliyari 14.9$ bivuye kuri miliyari 16.0$ mu 2015, mu gihe ibitumizwa byagabanyutse kugeza kuri 24.6% bikagera kuri miliyari 29.7$ bivuye kuri miliyari 39.4$ mu 2015.
Nubwo bimeze gutyo, ngo ibyoherezwa hanze mu karere ka Comesa, harimo n’ibihugu bigize EAC, byiyongereyeho 2,9% bigera kuri miliyari 2,4$, bigaragaza ubwiyongere bw’ubucuruzi hagati ya EAC na Comesa.


