Sudani y’pfo: Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, SSOA, ryamaganye ibyavuye mu biganiro by’I Entebbe

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’umunsi umwe hatangajwe ibyavuye mu mishyikitano hagati ya pereida Salva Kiir na Dr Riek Machar, aho impande zombie zari zemeranyije kugabana ubutegetsi, kuri uyu wa Mbere ubwo Sudani y’Epfo yizihizaga Imyaka 7 kimaze kibayeho, amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yanze kwemera iryo gabana ry’ubutegetsi ryatangajwe na leta.

Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, SSOA, kuri uyu wa Mbere rikaba ryasohoye itangazo rivuga ko nubwo ryatumiwe mu biganiro biherutse kubera Entebbe muri Uganda, bafungiranywe amasaha 8 hanze y’ibiganiro byabaga hagati ya guverinoma n’ishyaka SPLM/IO rya Dr Riek Machar.

Aba bavuze ko bamaganye ibyavuye muri ibi biganiro kuko bitari mu nyungu z’abaturage ba Sudani y’Epfo, aho bavuga ko aba baturage mu gihe intambara yarangira baba bakeneye gusubizwa mu byabo, gusubizwa mu buzima, kongera kubakirwa ndetse bakubakirwa ibikorwaremezo, ariko ngo bigaragara ko amafaranga makeya ahari agiye kuzashorwa mu kwishyura abadepite, abaminisitiri n’ababungirije.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pompeo, yasohoye itangazo kuri uyu wa mbere, asaba abarwana kwubahiriza amasezerano kuko intambara yongera imibabaro ku banyagihugu nk’uko bitangazwa na VOA.

Mu biganiro hagati ya perezida Salva Kiir na Dr Riek Machar, byari bihagarikiwe na perezida Museveni na mugenzi we, Omar Bashir, kuwa 08 Nyakanga, impande zombi zari zemeranyije gusangira ubutegetsi, gushyiraho guverinoma n’inteko by’inzibacyuho, ndetse Dr Machar yemerewe gusubira ku mwanya we wa visi perezida wa mbere wa Sudani y’Epfo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *