Muri uku kwezi harikangwa ibitero bikomeye ku gihugu cya Uganda

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwiine arahamagarira abaturage ituze ahakana ibitero bigamije gukuraho ubutegetsi ngo byaba byitezwe muri uku kwezi kwa Nyakanga nk’uko byakomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga.

Minisitiri Tumwiine akaba yasubizaga ikibazo cyari kizamuwe n’umudepite uhagarariye Gulu mu nteko ishinga amategeko, Lyandro Komaketch ubwo yavugaga ku mutekano w’igihugu mu nteko kuri uyu wa Gatatu ushize.

Komaketch akaba yarabwiye inteko ishinga amategeko ko mu majyaruguru y’igihugu abaturage bari mu bwoba bwinshi kubera ubutumwa buri gukwirakwizwa buvuga ko hagati y’itariki 16 n’itariki 17 Nyakanga hashobora kubaho guhirika ubutegetsi.

Komaketch akaba yagize ati: “ Ubutumwa buri gukwirakwizwa buri guhamagarira abaturage kuzaguma mu nzu muri iyo minsi ivugwa, mupakire ibyo kurya bihagije kubw’igitero giteganywa mu karere .”

Undi mudepite uhagarariye Aruu mu nteko witwa Odonga Otto, we yavuze ko ubu butumwa butari kuzenguruka mu majyaruguru gusa ahubwo ari mu gihugu hose abaturage basabwa kuzaguma mu ngo zabo.

Otto yagize ati: “ Ubutumwa burakomeza buvuga ko Uganda izaterwa ahantu hose, mu mazi, mu kirere no ku butaka hagamijwe guhirika guverinoma ku iitariki 17 Nyakanga .”

Mu rwego rwo kumva ukuri kw’ibi bintu, perezida w’inteko ishinga amategeko, Rebecca Kadaga, kuwa Gatatu akaba yaranzuye ko ba minisitiri barebwa n’umutekano w’igihugu bagomba kwitaba bagatanga umucyo kuri iki kibazo.

Ati: “ Minisitiri agomba kuza agasobanurira igihugu, muribuka mbere y’uko mugenzi wacu (Ibrahim Abiriga) yicwa, hari ubutumwa nk’ubwo, ibi ni ingenzi cyane .”

Nubwo bivugwa gutyo nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga, minisitiri w’umutekano, Gen Elly Tumwiine kuri uyu wa Kane yatangaje ko Guverinoma iri kugenzura byuzuye umwuka uri mu gihugu, avuga ko ubutumwa nk’ubwo bwo gutera ubwoba butemewe kandi umuntu uzagaragaraho kubukwirakwiza azabibazwa.

Yagize ati: “ Gukwirakwiza ubutumwa bukura imitima ku mbuga nkoranyambaga ni icyaha kandi umuntu wese urimo kubukwirakwiza nawe aba akoze icyaha .”

Minisitiri Tumwiine yakomeje yizeza ko umutekano w’igihugu uri mu biganza bya guverinoma uteri mu biganza by’imbuga nkoranyambaga. Yasabye Abagande bose kutagira ubwoba bagakora imirimo yabo abizeza ko umutekano w’igihugu urinzwe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *