Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yagiriye mu Rwanda, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping n’umufasha we, Peng Liyuan, bakiriwe mu ngoro y’umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, aho bagirana ibiganiro mu muhezo, bakanagirana ibiganiro n’abanyamakuru.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Nyakanga 2018, nibwo Perezida Kagame na madamu Jeannette Kagame bakiriye, Perezida Xi Jinping n’umufasha we, Peng Liyuan muri Village Urugwiro.
Uyu mukuru w’igihugu cy’u Bushinwa ugiriye uruzinduko mu Rwanda bwa Mbere mu mateka, yakirijwe imbino za Gakondo ndetse n’imyerekano ya gisirikare.
Perezida Kagame yashimye inkunga y’u Bushinwa mu iterambere ry’u Rwanda ndetse no ku mugabane wa Afurika muri rusange, ati “ni iby’ingirakamaro ku baturage bacu”.
Perezida Xi Jinping yatangaje ko byari iby’ingenzi gusura u Rwanda nk’igihugu gitekanye, by’umwihariko agashimira Perezida Kagame n’Abanyarwanda muri rusange.






