Abahagarariye mu mategeko uwahoze ayobora igipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura Muhwezi bavuga ko umukiriya wabo asaba ko Perezida Museveni yatabara akinjira mu kibazo cye kuko ngo abona akomeje gukorerwa akarengane.
Abanyamategeko ba Gen. Kayihura aribo ‘Kampala Advocates Associates (KAA)’ Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize mu kiganiro n’abanyamakuru batangaje ko Kayihura yabahaye amabwiriza yo gusaba Perezida Museveni gukurikiranira hafi iby’ifungwa rye dore ko atahwemye kuvuga ko ari umwere.
Umwe muri aba banyamategeko, Jet Tumwebaze nk’uko inkuru dukesha NTV ibivuga, yabwiye abanyamakuru ko Gen. Kayihura afitiye icyizere ubutabera bwa gisirikare bwa Uganda bityo ikaba ariyo mpamvu atigeze asaba kudafungwa amasaha arenze 48 ( habeas corpus).
Itegeko nshinga rya Uganda riteganya ko umuntu watawe muri yombi akurikiranweho ibyaha runaka adashobora kurenza amasaha 48 atarashyikirizwa ubutabera. Nyamara uyu mujenerali w’inyenyeri enye mu gisirikare cya Uganda amaze iminsi isaga 35 afungiwe Makindye ndetse n’iwe i Muyenga mu mujyi wa Kampala.
Aba banyamategeko kandi batangaje ko Gen. Kayihura yiyamye Col. Kaka gukomeza kumuharabika abinyujije mu bitangazamakuru.
Kugeza ubu, ntiharatangazwa ibyaha Gen. Kale Kayihura aregwa gusa byagiye bivugwa kenshi ko inzego z’umutekano zirimo urw’iperereza rya gisirikare (CMI) ruyobowe na Brig. Abel Kandiho ndetse n’Urw’umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) ruyobowe na Col. Kaka Bagyenda, zigikora iperereza ngo uyu mugabo agezwe imbere y’ubutabera.
Byagiye bivugwa ko itsinda riyobowe na Gen. David Muhoozi ryahase Gen. Kale Kayihura ibibazo ku rupfu rw’uwari umuvugizi w’igipolisi, AIGP Felix Andrew Kaweesi.
Gen. Kale Kayihura yatawe muri yombi kuwa 13 Kamena 2018, avanwe iwe mu rugo ahitwa Kashagama mu karere ka Lyantonde aho yari asigaye akorera ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi nyuma yo kwirukanwa ku kazi muri Mata 2018
Fred Masengesho Rugira/Bwiza.com


