RDC: Guverinoma iratangaza ko icyorezo cya Ebola cyacitse gitwaye ubuzima bw’abantu basaga 30

Sangiza iyi nkuru

Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo iratangaza ko icyorezo cya Ebola cyarangiye muri iki gihugu kigashimira abayobozi mu bijyanye n’ubuzima bw’abantu kimwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima(OMS) kubera uruhare bagize mu kurwanya icyo cyorezo.

Inkuru dukesha Ijwi rya Amerika, iravuga ko Umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom, yashimiye leta ya Congo kuba yaragize umuhate mu guhangana n’iki cyorezo no mu gusaba imfashanyo mu maguru mashya.

Yashimiye leta ya Congo kandi ko yagiye itanga amakuru ku baturage ibintu bitararushaho kumera nabi bigatuma birinda.

Iki cyorezo cya Ebola cyatangiye kugaragara muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri Mata, mu bice byo mu majyaruguru ashyira uburengerazuba, nyuma cyadukira umujyi wa Mbandaka.

Abantu bagera kuri 33 nibo iki cyorezo gisize cyambuye ubuzima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *