RDC: Ikindi gice cy’ishyaka UDPS nacyo cyemeje Felix Tshisekedi nk’umukandida wacyo mu matora yo mu Ukuboza

Sangiza iyi nkuru

Mu nama y’ishyaka UDPS/Kibassa ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa perezida Kabila yateranye guhera kuwa 23 kugeza kuwa 24 Nyakanga, hemerejwemo ko Felix Tshisekedi ari we uzahagararira iri shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018.

Muri iyi nama yari yateranye mu rwego rwo kugena umukandida w’iri shyaka nk’uko itangazo ryasomewe imbere y’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Nyakanga I Kinshasa mu gace ka Limete rivuga.

UDPS/Kibassa akaba ari igice cyiyomoye ku ishyaka UDPS mu 1991 ubwo iri shyaka ryacikagamo ibice bibiri, igice kimwe (UDPS-Orthodoxe) kiyoborwa na Etienne Tshisekedi, ikindi kiyoborwa na Kibassa Maliba.

Mu gutangaza imyanzuro y’iyi nama yabo rero nk’uko tubikesha urubuga 7sur7.cd, bwana Augustin Kibassa Maliba yatangaje ko UDPS Kibassa yahisemo Felix Tshisekedi nk’umukandida wayo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza 2018.

IMG 20180724 WA0046

Kibassa yakomeje aha abayoboke ba UDPS ubutumwa bwo gushyigikira uyu mukandida agira ati: “ Ntabwo tuvuga ngo duseke, mujye kubwiriza umukandida wacu mu ngo zose. Igihe ni iki kuri twe cyo kurwanya ubu butegetsi bwababaje cyane abaturage bacu” .

Kuri ubu nk’uko iyi nkuru ivuga, Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, amaze kugenwa n’amashyaka abiri ngo azayahagararire mu matora y’umukuru w’igihugu nyuma y’ishyaka rye, UDPS, igice cya se, ryari ryamugennye muri kongere yaryo

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *