Perezida Joseph Kabila yizeje Min. Mushikiwabo kuzamushyigikira mu matora y’ubuyobozi bwa OIF

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo urimo kwiyamamariza kuyobora ubunyamabanga bw’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (OIF), ubwo yahuraga na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yamwizeje kuzamushyigikira.

Ku wa Gatatu tariki ya 25 Nyakanga 2018, ubwo yagiriraga uruzinduko i Kinshasa, Min. Mushikiwabo aherekejwe na Dr Kaberuka Donald, bakiriwe na Perezida Kabila amutangariza ko amushyigikiye muri aya matora.

Muri uru ruzinduko rwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi, Min Mushikiwabo, yanabonanye na mugenzi we,  Léonard She Okitundu baganira kuri kandidatire ye, iki gihugu kikaba cyamutangarije ko kimuri inyuma.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni kimwe mu bihugu binini muri Afurika, ibice byinshi byacyo bikaba bikoresha ururimi rw’Igifaransa. Amatora kuri uyu mwanya wo kuyobora OIF, ateganyijwe mu Ukwakira 2018, akazabera mu Mujyi wa Erevan mu gihugu cya Armenia.

P1
Minisitiri Mushikiwabo na Perezida Kabila i Kinshasa
P2
Min Mushikiwabo yagiriye uruzinduko i Kinshasa ari kumwe na Dr Kaberuka

  P3 P4

Min
Min. w’Ububanyi n’amahanga wa RDC, Léonard She Okitundu aganira na mugenzi we, Mushikiwabo
New Picture 1 3
Perezida Kabila yatangarije Mushikiwabo ko bamuri inyuma

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *