CPI: Laurent Gbagbo arasaba guhanagurwaho ibyaha ashinjwa no kurekurwa byihuse

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, arasaba abacamanza b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) gutangaza ikurwaho ibyaha rye ndetse no kumufungura avuga ko umushinjacyaha atabashije kugaragaza ibimenyetso by’ibyaha byibasiye inyokomuntu amushinja.

“Ibimenyetso byagaragajwe n’umushinjacyaha ntibihagije mu kwemeza ibyaha bishinjwa Laurent Gbagbo urenze ugushidikanya kwose gushoboka”, ibyo ni ibyanditswe n’abunganira Gbagbo bandikira CPI kuri uyu wa gatatu, itariki 25 Nyakanga.

Aba bunganizi ba Gbagbo, w’imyaka 73 kuri ubu, ahubwo basanga Atari akwiye kuba agikurikiranwa ku byaha bine bikuru ashinjwa by’ubwicanyi, gufata ku ngufu, guhohotera abataravugaga rumwe nawe n’ibindi bikorwa bya kinyamanswa yashinjijwe nyuma y’imyivumbagatanyo yakurikiye amatora yo muri Cote d’Ivoire hagati ya 2010 na 2011.

Me Emmanuel Altit, umwe muri aba bunganizi, arasaba ko umwanzuro wo guhanagurwaho ibyaha byose umukiriya we ashinjwa watangazwa ndetse agahita afungurwa nta mananiza.

Iki kibazo nk’uko Jeune Afrique ibitangaza kikaba kizakemukira mu rubanza ruteganyijwe kuwa 01 Ukwakira, aho uruhande rwunganira Gbagbo n’urumushinja zizongera gutegwa amatwi, ariko ubushinjacyaha bukaba bushobora kuzahita bujurira mu gihe hafatwa icyemezo cyo gufungura Gbagbo cyangwa kumuhanaguraho ibyaha.

Laurent Gbagbo yabaye perezida wa Cote d’Ivoire kuva mu 2000 kugeza muri Mata 2011, nyuma aza gutabwa muri yombi n’ingabo za Alassane Ouattara zishyigikiwe n’ingabo z’u Bufaransa, maze mu Ugushyingo muri uyu mwaka wa 2011 yohererezwa Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ahita aba na perezida wa mbere winjiye muri kasho y’uru rukiko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *