Nyamasheke: Kutagira inganda bidindiza iterambere ry’abahinzi

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko umusaruro beza utababyarira inyungu bifuza kubera ko nta nganda zihagije ziwongerera agaciro, bakifuza gukorerwa ubuvugizi ngo aka karere kagire inganda zifatika zibasha gutunganya umusaruro wabo.

Bavuga ko beza umuceri mwinshi ariko nta ruganda rugaragara ruwutunganya bafite, bakaba bahinga urutoki, imyumbati, ibigori, imbuto n’imboga,…byose bakabigurisha ku giciro kiri hasi ntibabashe kubonamo inyungu bifuza, ibi ngo bikaba bibadindiza mu iterambere.

Twagiramungu Naason,umwe  mu bahinziborozi, avuga ko  kuba barakuye amaboko mu mifuka bagahinga bakanorora  kijyambere bakaba bakomeje guhendwa n’abamamyi kubera kubura uburyo bwo gutunganya  umusaruro wabo, babibonamo igihombo gikomeye.

Agira ati “tugira amahirwe akomeye yo kugira ikirere cyiza kandi natwe twiyemeje kongera umusaruro uko tubisabwa, ariko  nta nganda zigaragara zitunganya umusaruro wacu, uretse inganda 2 ziciriritse zitunganya ibikomoka ku mbuto kandi na zo ziri kure y’abahinzi benshi, tukabona bitaduteza imbere”.

Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Ntaganira Josué Michel, na we yemeranywa n’aba baturage, akavuga ko ikibazo kikiri icy’umusaruro utaragera ku rwego akarere kifuza.

Agira ati ” icyo twatangiriyeho ni ugukora imurikabikorwa ry’umusaruro kugira ngo abaturuka impande zose z’igihugu babone ko  tuwufite  uhagije ushobora kongererwa agaciro bikazamura abaturage ariko nk’uko babivuga inganda zo zirakenewe, cyane cyane izidukorera inyongeramusaruro n’ibiryo by’amatungo kuko biracyaduhenda, ariko natwe turakora ibishoboka byose ngo n’iyo ntambwe nziza izabashe guterwa.’’

Asaba abaturage guhinga no korora birushijeho kugira ngo n’uwashora imai muri aka karere abe atagira ikibazo cy’umusaruro, cyane cyane ko  n’ubonetse utwarwa n’abanyekongo ndetse n’abanyakigali udatunganijwe mu buryo bifuza.

Abaturage bagera kuri 93% muri aka karere baracyacungira ku buhinzi n’ubworozi, bikavugwa ko ariko gakennye cyane mu gihugu kandi gafite amahirwe menshi yo kubona umusaruro mwinshi kandi mwiza.

Bavuga ko babonye uburyo bwo kongerera agaciro umusaruro wabo barushaho gutera imbere.
Bavuga ko babonye uburyo bwo kongerera agaciro umusaruro wabo barushaho gutera imbere
Ntibumva ukuntu bakomeza kubarirwa mu turere dukennye cyane kandi beza byinshibagasaba ko byakongererwa agaciro mu nganda bagezwaho.
Ntibumva ukuntu bakomeza kubarirwa mu turere dukennye cyane kandi beza byinshi,bagasaba ko byakongererwa agaciro mu nganda bagezwaho

Bahuwiyongera Sylvestre/ Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *