Sudani y’Epfo: Perezida Salva Kiir arashinjwa guhemba abadepite bongereye manda ye

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yihagazeho ku cyemezo iherutse gufata kitavuzweho rumwe cyo guha abadepite inguzanyo y’amadolari 40,000 yo kugura imodoka ivuga ko ari uburenganzira bwabo bwo kubona uburyo bubafasha ingendo.

Aya mafaranga yafashwe nk’agahimbazamusyi kahawe abadepite nyuma y’ukwezi bemeye kongera manda ya perezida Salva Kiir ikazageza mu 2021, byamaganwa bikomeye n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nk’Ikigo cy’Amahoro n’Ubutabera (CPJ) muri Sudani y’Epfo.

Umuyobozi w’iki kigo, Tito Anthony ati: “ Ndabaza ubunyamwuga bw’abadepite bacu kandi biragaragara ko ari kasha y’ubutegetsi kandi bashobora gushyigikira ruswa niba bashobora guhembwa nk’ibyakozwe ubu .”

Mu kiganiro yagiranye na BBC, umuvugizi wa perezida, Ateny Wek Ateny, yavuze ko amafaranga yashyizwe ku ruhande nka kimwe mu bice by’ingengo y’imari y’uyu mwaka nk’uko byakozwe mu 2005 no mu 2009.

Uyu akaba yavuze ko aya mafaranga yahawe abagize inteko ishinga amategeko ngo bagure imodoka kubera ko ngo ubu bakoresha za moto.

Ubukungu bwa Sudani y’Epfo bukaba bwarajegejwe n’intambara hagati y’abaturage yamaze imyaka itanu, raporo ya Loni yo muri uku kwezi nayo ikaba yaragaragaje ko ubugizi bwa nabi bukorwa mu makimbirane bushobora kuzazamura ibyaha by’intambara. Ibihumbi byinshi by’abaturage b’iki gihugu bakaba bariciwe mu makimbirane mu gihe abasaga miliyoni 1,5 bahunze igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *