Murumuna wa Perezida Kabila yamusabye kuva ku buyobozi

Sangiza iyi nkuru

Umuvandimwe wa Perezida Joseph Kabila, yamusabye kuva ku buyobozi hagategurwa amatora y’uzamusimbura ku mwanya w’umukuru w’igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Emmanuel Masirika Kabila w’imyaka 32 y’amavuko, asangiye se na Joseph Kabila, akaba ari umuhungu wa Laurent Désiré Kabila, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2018, akaba yagaragaye mu itsinda ry’abasaba Perezida Kabila guhagarika ibikorwa bye, agafasha igihugu gutegura amatora.

Uyu muvandimwe we, anamusaba kuvanaho Perezida wa komisiyo ishinzwe gutegura amatora, Corneille Nangaa ashinja gutegura imishinga igamije kugumisha Kabila ku buyobozi.

Emmanuel Kabila yavukiye i Ankoro mu Ntara ya Katanga mu 1985, nyina yitwa Victorine Hakiza Masirika  akaba avuka muri Kivu y’Amajyepfo, yari umwe mu bagore ba Desire Kabila.

Nk’uko ikinyamakuru The EastAfrica Kibitangaza, kivuga ko Kabila yapfuye afite abana 25 bavuka ku bagore batandukanye bamwe yashakiye muri Congo na Tanzania.

Ubwo Emmanuel yamaraga kuvuka, Desire Kabila yahise ahungira muri Tanzania n’umugore(Victorine Hakiza) nyuma waje kugaruka muri Congo yicwa n’ingabo za Mobutu zamushinjaga ubutasi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *