Uganda: Urukiko rwakatiye abarobyi 35 b’Abanyekongo

Sangiza iyi nkuru

Abarobyi 35 b’Abanyekongo hagati muri uku kwezi kwa karindwi bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka ibiri n’imyaka itatu mu gihugu cya Uganda nyuma yo kubahamya ibyaha by’uburobyi butemewe no kwinjira mu mazi y’iki gihugu binyuranyije n’amategeko nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano yatangajwe kuri uyu wa Gatandatu avuga.

Dufite Abanyekongo 35, barimo 31 bemeye icyaha bagakatirwa imyaka 2 y’igifungo kubera uburobyi butemewe no kwinjira muri Uganda muri Kamena ,” uyu ni Deogratoius Kato, umwe mu ngabo zishinzwe umutekano ku Kiyaga cya Albert avugana na AFP.

Urukiko rwo muri Kasese muri Uganda rukaba rwarakatiye abandi Banyekongo imyaka 3 y’igifungo ku byaha nk’ibyavuzwe haruguru ariko bob amaze gukora kabiri.

Akarere ka Kasese ni akarere kegereye Ikiyaga cya Albert ku mupaka wa Uganda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ahantu hakunze kubera amakimbirane rimwe na rimwe agwamo abantu muri aya mezi ashize hagati y’abashinzwe umutekano muri Uganda n’abarobyi.

Kato akaba yavuze ko batangira abaturanyi b’Abanyekongo kuroba mu mazi ya Uganda ariko bagomba kubahiriza amabwiriza.

Aba barobyi 35 b’Abanyekongo ngo basanganywe amato 26 ya moteri n’inshundura zo kurobesha bitemewe, bagezwa imbere y’urukiko bwa mbere kuwa 16 Nyakanga kuva icyo gihe bakaba bafungiye muri Gereza ya Mubuku muri Kasese

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *