Abakandida 521 nibo basigaye ku rutonde ntakuka rw’abiyamamariza kujya mu nteko

Sangiza iyi nkuru

Abakandida 521 nibo bari ku rutonde ntakunda rw’abashaka guhatanira imyanya mu nteko Nshingamategeko, mu matora ateganijwe mu kwezi gutaha.

Kuri uyu wa Mbere Tariki ya 6 Kanama 2018, Perezida wa Komisiyo y’Amatora (NEC), Prof Kalisa Mbanda yatangaje ko bari bakiriye kandidatire z’abantu 539, ubu 18 bakaba bakuweho kubera kutuzuza ibisabwa.

Abakandida batanu bari batanze kandidatire zabo biyamamaza ku giti cyabo, umwe muri bo witwa Ntakaburimvano Theodor kandidatire ye yanzwe kubera kutuzuza ibisabwa.

Ku ruhande rw’imitwe ya politiki,  FPR-Inkotanyi n’andi mashyaka yifatanije nayo bari batanze abakandida ari 80, bose baremejwe.

PL yatanze abakandida 80 bose baremejwe

PSD yatanze 65 bose baremejwe

PS Imberekuri bari 45, abataremejwe ni 9

Green Party yari yatanze 34 ariko babiri barangirwa

Mu rubyiruko abakandida 26 nibo basigaye ku rutonde ntakukda muri 32 bari batanze kandidatire

Mu cyiciro cy’abafite ubumuga 10 bari batanze kandidatire bose baremejwe

Icyiciro cy’abagore 179 bose kandidatire zabo zaremejwe

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *