Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, nawe yashimye icyemezo cya Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, cyo kubahiriza itegeko nshinga akaba ataziyamamariza indi manda.
Itangazo ry’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ryashyizwe ahagaragara kuwa kane ushize, itariki 09 Kanama ninjoro binyuze ku muvugizi we wungirije, rivuga ko perezida kabila umaze imyaka 17 ku butegetsi ataziyamamariza manda ya gatatu nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni kandi arashima ibimaze kugerwaho mu myiteguro y’amatora y’umukuru w’igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Guterres yanijeje ko bazakomeza gufatanya na guverinoma n’abaturage ba Congo kugirango hazabeho amatora akozwe mu bwisanzure kandi yizewe azatuma habaho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.
Iki cyemezo cya perezida Kabila cyo kutaziyamamariza indi manda kikaba gikomeje gushimwa n’abatari bacye barimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo


