Umuryango wa FPR/ Inkotanyi hamwe n’indi mitwe ya politiki (PDI, PDC, UDPR, PPC, PSP, PSR) yifatanyije nawo, batangiriye i Rulindo igikorwa cyo kwamamaza abakandida bazabahagararira mu nteko Nshingamategeko.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Kanama 2018, iki gikorwa cyatangiriye mu murenge wa Masoro, akarere ka Rulindo, Intara y’Amajyaruguru aho imbaga y’abarwanashyaka baturutse hirya no hino baje kwakira abakandida b’uyu muryango n’indi mitwe yishyize hamwe nawo.
Mu myambaro iriho ibirango by’amashyaka babarizwamo, ibyapa bigaragaza utugari n’imidugudu baturutsemo, amadarapo n’ibindi birango, nibyo byarangaga imbaga y’abaturage bateraniye mu kibuga cya Nyamyumba aho umuhango waberaga.
Munganyinka Lea utuye muri aka karere, Umurenge wa Masoro, akagari ka Kivugiza, umudugudu wa Nyarururembo, avuga ko yari yarazengerejwe n’ubukene, ati “nari umutindi wo ku rwego rwo hejuru, ariko ubu nageze kuri byinshi kubera imiyoborere myiza dukesha umuryango RPF/Inkotanyi,..”.

Arashishikariza abandi bari n’abategarugori kuzatora umuryango RPF /Inkotanyi mu matora y’Abadepite kugira ngo iterambere rikomeze ribagereho.
Min. Uwacu Julienne, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza umuryango wa FPR Inkotanyi muri aya matora, yerekanye abakandida bahagarariye umuryango wa FPR/ Inkotanyi n’andi mashyaka yifatanyije na wo.

Min.Uwacu Julienne avuga kandi ko impamvu zo gutora FPR/ Inkotanyi ari uko bahisemo neza, ati “kwamamaza umuryango wa FPR/Inkotanyi ntabwo ari ukuvuga amagambo menshi kuko ibikorwa birivugira, icyerekezo 2020 tugiye kukigeramo, dufite ikindi cyerekezo 2050,… dushaka iterambere, ubuzima bwiza, umutekano,…”.
Perezida w’ishyaka PDC, Mukabaranga Agnes avuga ko Perezida Kagame yabaye Perezida w’Abanyarwanda bose baba abamutoye n’abataramutoye mu matora yabaye umwaka ushize, by’umwihariko kuba yaragizwe umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ngo ni ukubera imiyoborere myiza.

Ati “Twahisemo neza, n’ubu twifuza ko twazatora neza, abakandida mweretswe ni abagabo n’abagore bafite imbaraga kandi bafite ubushake bwo gukorera igihugu. Perezida Kagame tugomba kumuha Abadepite, bashoboye gushyiraho amategeko asobanutse,…”.
Perezida w’ishyaka PDI, Harerimana Musa Fazil yavuze ko gufatanya na FPR ari iby’agaciro, bikaba akarusho mu kugira Abadepite bashoboye gufasha Perezida Kagame gushyira mu bikorwa gahunda nziza zo gukomeza guteza igihugu imbere.

Ati “ku wa 3 Nzeri ni ukuzindukira mu biro by’itora, dutora FPR/ Inkotanyi, dutora ubufatanye”.
Perezida w’ishyaka PPC, Alvera Mukabaramba arashima ubufatanye bw’umuryango wa FPR/ Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki, agasaba abitabiriye iki gikorwa kuzatora igipfunsi, batora neza ngo nkuko batoye ubwo batoraga Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

At “Ubufatanye nibwo bwubatse iki gihugu, nibwo bufasha mu kubanisha neza Abanyarwanda, aho ubumwe n’ubwiyunge bwagezweho nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi,…”.
Umuyobozi mukuru w’ishyaka PSP, Kanyange Phoibe, na we arashima ubufatanye bwa FPR/Inkotanyi n’andi mashyaka ya politiki muri iki gikorwa cyo gutora abadepite.

Perezida w’ishyaka PSR, Rucibigango Jean Baptiste avuga ko nyuma y’amatora RPF/Inkotanyi yatsinze biciye mu mucyo, nta kabuza n’aya ko izayatsinda.

Umuyobozi w’ishyaka UDPR, Nizeyimana Pie avuga ko ubufatanye bwa FPR n’indi mitwe ya politiki, ari ikimenyetso cyiza cyo guharanira iterambere ry’igihugu, ati “dutore FPR dukomeze iterambere ryihuse”.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe Franà§ois, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yabanje kugeza ku bitabiriye umuhango indamutso ya Perezida Kagame.

Agira ati “Perezida Kagame arabatashya, akabifuriza amahirwe n’imigisha kandi akababwira ko muri kumwe, arabashimira ukuntu mwitwaye mu matora y’umwaka ushize, akabashimira ibikorwa byinshi mwagezeho kubera ubufatanye.
Akongera akababwira ati “umuryango wa FPR wagaragaje ko ufite ubushake bwo kugeza Abanyarwanda ku iterambere, ngo nidufatanya tuzagerayo kure nta we usigaye inyuma kandi twihuse.
Iyo urebye ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho, biratanga icyizere cy’uko nidukomeza gufatanya, tuzagera aho Abanyarwanda bifuza kugera, tukagera ku bukungu, Abanyarwanda bizamura mu mibereho yabo, tugaca ingeso yo gutegereza ibiva mu mahanga,…
Yakomeje abasaba kuzatora umuryango wa FPR/Inkotanyi kugira ngo Inteko Nshingamategeko itore amategeko abereye icyerekezo abanyarwanda bagezemo, hatorwa amategeko abereye buri byiciro by’Abanyarwanda.
Amatora y’abadepite azaba ku itariki ya 2 Nzeri 2018, ku banyarwanda baba mu mahanga ndetse n’umudepite uhagarariye abafite ubumuga .
Tarikiya 3 Nzeri 2018, Abanyarwanda baba imbere mu gihugu bazatora Abadepite rusange ,naho ku itariki ya 4 Nzeri 2018 hazatorwa abadepite 24 bahagarariye abagore, n’abandi 2 bahagarariye urubyiruko.
Mu matora biteganijwe ko hazatorwamo abagore 24 bahagarariye inzego z’abagore ,mu ntara y’Amajyepfo hatorwa abagore 6. Kugeza ubu abagore nibo bafite umubare munini w’abazatorwa kuko bagize 55% by’abazatora mu gihe abagabo ari 45%.










