Igipolisi cya Uganda muri Kampala cyataye muri yombi abantu batatu barimo umuzamu (Security Guard) bakurikiranweho kwica abantu babiri babarasiye muri hotel yitwa Juba Hotel mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Kanama. Mu batawe muri yombi bakekwaho ubu bwicanyi harimo n’Umurundi.
Umuvugizi w’igipolisi muri Kampala, Luke Owoyesigire, avuga ko Mohammed Abdullah w’imyaka 30 na Ibrahim Bhakit babaga mu cyumba no 1 muri etage ya kane muri Juba Hotel, batewe n’abantu bitwaje imbunda bakabarasa bakabica.
Biravugwa ko Abdallah Mohammed yahise apfira aho, mu gihe Bhakit yakomeretse bikabije akajyanwa mu bitaro aho byatangarijwe ko yapfuye akihagera. Aba bombi bishwe ni Abanya-Sudani y’Epfo.
Owoyesigire yongeyeho ko igipolisi ku bufatanye bw’abaturage cyabashije guta muri yombi abantu batatu bakekwaho uruhare muri ubu bwicanyi nk’uko iyi nkuru dukesha Spyreports ikomeza ivuga.
Abatawe muri yombi ni Innocent Gumisiriza w’imyaka 32, akaba ari umukozi mu kigo gishinzwe umutekano kitwa Top Security, Nelson Oribitunga w’imyaka 28 na Ronald Murengera bivugwa ko ari Umurundi.
Owoyesigire ati: “ Twanabashije kuvumbura imbunda ya pistol yari irimo amasasu 7 ifite numero UG PSOT1102-06A011 .” Yongeyeho ko iyo mbunda basanze ari iy’ikigo Saracen uwitwa Oribitunga akorera.
Uyu muvugizi wa polisi yakomeje avuga ko bataramenya amafaranga yaba yibwe n’abakoze ubwicanyi, mu gihe imirambo yajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Mulago.



