Herman Cohen arasanga Perezida Kabila ashaka gukina umukino nk’uwa Putin na Medvedev mu Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Herman Cohen, wahoze ari umudipolomate w’Umunyamerika ushinzwe Afurika, aravuga ko Perezida Joseph Kabila yemeye guhitamo Emmanuel Ramazani Shadary hari ikindi kibyihishe inyuma, agashimangira ko ashaka gukina umukino nk’uwa Putin na Medvedev mu Burusiya.

Mu nyandiko ye yanyujije kuri blog ye, Herman Cohen yavuze ko nyuma y’amatora perezida Kabila azaba Senateri ubuzima bwe bwose, yaramuka agize abasenateri benshi bari ku ruhande rwe akaba yagirwa Perezida wa Senat.

Ngo nyuma y’umwaka umwe cyangwa ibiri, Shadary azegura ku mirimo ye Joseph Kabila agaruke ku butegetsi nka perezida w’inzibacyuho wa Congo. Cohen agakomeza agira ati: “ Nyuma Kabila aziyamamaza mu matora azakurikira yo gusimbura Shadary .”

Itangazo rya Perezida Kabila ko ataziyamamariza manda ya gatatu ryakiriwe neza hirya no hino ndetse rishimwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. I New York, Ambasaderi wa Amerika muri Loni, Nikki Haley yasohoye itangazo rishimira Kabila, asaba ko igisigaye ari uko Guverinoma ya Congo yategura amatora azaba mu bwisanzure kandi agakorwa mu mucyo.

Cohen akomeza avuga ko na Depite Ed Royce ukuriye komite ishinzwe imibanire mpuzamhanga nawe yatangaje nk’ibyatangajwe na Ambasaderi Nikki Haley. Ibyo aba batangaje ngo bikaba bigaragaza ko Amerika izakurikiranira hafi amatora yo muri Congo ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza.

maxresdefault 3
Herman Cohen

Herman Cohen ariko we akaba ashimangira ko Perezida Kabila ashaka gukina umukino nk’uwa perezida Vradmir Putin w’u Burusiya na Medvedev, aho mu 2008 uyu Medvedev yasimbuye Putin ku butegetsi undi akaba minisitiri w’intebe, Putin akaza kubugarukaho mu 2012, Medvedev akongera agasubira ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Herman Jay “Hank” Cohen w’imyaka 86 yabaye Umunyamabanga wa leta wungirije ushinzwe ibibazo bya Afurika kuva mu 1989 kugeza mu 1993. Yagize uruhare mu irangira rw’intambara hagati ya Eritrea na Ethiopia mu 1991, n’amakimbirane yo muri Angola na Mozambique.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *