Kampala: Imyigaragambyo y’abasaba ko Bobi Wine afungurwa yakajije umurego

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’umutekano mu Mujyi wa Kampala zahanganye n’abaturage bigaragambyaga basaba ko Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) afungurwa.

Mu ntangiriro z’icyumweru gishize nibwo Bobi Wine yafunzwe nyuma y’iraswa ry’umushoferi we wahise apfa, ibi byabaye mu myigaragambyo yaberaga mu gace ka Arua ubwo haberaga igikorwa cyo kwiyamamariza umwanya umwe w’Ubudepite.

Nyuma y’urupfu rw’uyu mushoferi wari muri iyo myigaragambyo, sebuja n’abandi bantu barafunzwe bashinjwa kuyiba inyuma, ari nabyo byateye abaturage gukomeza kwigaragambya basaba ko bafungurwa.

Ku wa mbere tariki ya 20 Kanama 2018, ubwo abaturage bigaragambyaga batwikaga amapine, banatera amabuye, abasirikare n’abapolisi bagaragaye bari ku modoka hejuru mu mujyi wa Kampala, barasa amasasu mu kirere ya nyayo banabateramo ibyuka biryana mu maso, bagerageze kubatatanya.

Muri ako kavuyo, umuntu umwe yahasize umuzima arashwe n’inzego z’umutekano abandi batandatu barahakomerekera, abatawe muri yombi bakaba barimo n’umunyamakuru wa Reuters wari mu kazi.

Nk’uko BBC ibitangaza, ngo nyuma y’ifungwa rya Bobi Wine muri gereza ya gisirikare, ngo yakorewe iyicarubozo. Umuryango we ukaba uhamya ko ubuzima bwe buri mu kaga, ndetse ko yaba yaratewe inshinge z’uburozi.

Perezida Museveni yahakanye avuga ko nta yicarubozo Bobi Wine yakorewe, aho yagize ati “ni ibihuha”.

Bobi Wine yafashwe mu cyumweru gishize hamwe n’abandi bagera kuri 32. Akaba ari umuhanzi uzwi cyane muri aka karere Uganda iherereyemo, amaze umwaka mu nteko nshingamategeko ya Uganda, ariko ari ku ruhande rw’ishyaka FDC ritavuga rumwe na Leta.

bo 1

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *