Guhera uyu munsi kuwa gatatu, itariki 22 Kanama, mu gihugu cya Mozambique, abanyamakuru n’ibinyamakuru bagiye kujya bishyura akayabo k’amafaranga kugirango bemerwe gukorera muri iki gihugu.
Inkuru dukesha Ijwi rya Amerika umunyamakuru w’umunyamahanga wifuza gukorera muri Mozambique azajya yishyura amadolari 8,300 ku ruhushya ruzajya rumara umwaka. Umunyamakuru ukorera ikinyamakuru cyo mu gihugu we azajya yishyura amadolari 2,500 uruhushya rw’umwaka.
Naho umwenegihugu wa Mozambique ukorera ikinyamakuru cyo mu mahanga azajya atanga amadolari 3,500 ku mwaka, mu gihe radio yifuza gukorera muri iki gihugu igomba kwishyura amadolari 35,000.
Iyi misoro yahise yamaganwa n’abanyamakuru n’imiryango iaharnira uburenganzira bwabo bavuga ko aya mafaranga ari menshi bikabije ari nk’uburyo bwo kubuza abanyamakuru gukora akazi kabo.


