Abaturage bo mu murenge wa Ruharambuga, mu karere ka Nyamasheke bavuga ko batindiwe gusa n’itariki ya 3 Nzeri ngo bitorere abakandida depite batanzwe n’umuryango FPR Inkotanyi kubera byinshi bavuga wabagejejeho cyane cyane kwihaza mu biribwa biturutse ku ngamba zihamye zijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Bemeza ko mu myaka yashize byari bigoye kubona ibitunga umuryango w’umuntu ku giti cye kubera ko batabonaga inyongeramusaruro zihagije, kuba ubworozi bwarakorwaga mu gisa n’akajagari ntibugire aho bukura umuturage n’aho bumugeza,ariko ubu ngo barahinga bakorora kijyambere bakabona ibibatunga n’ibisagurirwa amasoko.
Sibomana Paul w’imyaka 38 y’amavuko wo mu kagari ka Kanazi ,avuga ko iminsi ye iri imbere ari myiza cyane igihe ubwiganze bw’intumwa za rubanda mu nteko zitanzwe n’umuryangi FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki yifatanije na wo bwakomeza kuko ubworozi bw’ingurube bwa kijyambere afite buzamugeza aho benshi baririra.
Aganira na Bwiza.com yagize ati “mfite ingurube 33 za kijyambere zigiye kubwagura izindi ku buryo mu mpera za Nzeri nzaba mfite izigera kuri 55. Muri izi ngurube izigera kuri 6 imwe nshobora kuyigurisha amafaranga 800.000, hakaba n’izindi nshobora kugurisha amafaranga 500.000 n’ari munsi yayo bitewe n’uko ingurube ingana ariko ntayajya munsi y’amafaranga 300.000 keretse utubwana ngurisha kamwe amafaranga 30.000 na bwo tumaze igihe gito cyane tuvutse.’’

Yakomeje agira ati “mbikesha umuryango FPR Inkotanyi kuko umutekano na gahunda ihamye y’ubworozi yadushyiriye ho ari byo bingejeje aha kandi ndateganya ko umwaka utaha naba ngeze ku ngurube 100, nawe urumva amafaranga arimo. Ibi byose bituma nkunda cyane umuryango FPR Inkotanyi kuyitora kuri jye bikaba ari ihame.’’
Kanyange Eugénie uhinga icyayi mu kagari ka Ntendezi na we yemeza ko izamuka ry’igiciro cy’icyayi rya buri mwaka ryamugize umugore uhamye mu bukungu. Ati’’ ndi umuhinzikazi w’icyayi wabigizebumwuga kandi kirankijije rwose. Nta kindi mbikesha uretse umuryango FPR Inkotanyi urangajwe imbere na perezida wacu Paul Jagame wazamuye bigaragara abahinzi b’icyayi tukaba dutengamaye. Nta kindi igkumwe ni ku gipfunsi ku wa 3 Nzeri kugira ngo dukomeze dukataze mu iterambere.’’
Ibi byinshimo ni na byo bagaragarije abakandida depite Pasiteri Senani Benoit, Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagie na Bitsindinkumi Innocent babiyeretse nyuma yo kwiyereka abandi baturage bo mu yindi mirenge, uhagarariye ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’umuryango FPR Inkotanyi muri aka karere Kayiranga Eleuthère, yavuze ko uretse ibokorwa by’ubuhinzi n’ubworozi biteye imbere muri uyu murenge,hari n’ibindi bituma bahora bumva bomatanye n’umuryango FPR Inkotanyi.
Muri ibyo ngo hari amashanyarazi ari hafi mu midugudu yose igize uyu murenge kandi mbere bari bazi ko amashanyarazi aba kuri EAV Ntendezi gusa, amashuri menshi abana biga bataha bigafasha ababyeyi kubakurikirana mbere atarahabaga, ikigo nderabuzima n’imihanda myiza igenda ihangwa bigakura abaturage mu bwigunge n’imibereho mibi n’ibindi ngo batarondora, ibyo byose bigatuma abakandida depite ba FPR Inkotanyi batagomba gushidikanya ku majwi yabo, bo bavuga ko ari 100%.
Mukaziya Pauline uhagarariye ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’umuryango FPR Inkotanyi n’ indi mitwe ya politiki yifatanije na wo muri aka karere,yemeza ko ibyo bafite ari bike ku byo bategereje igihe baba bakomeje kugirira icyizere uyu muryango,kuko byatekerejwe kandi imvugo ikaba ihora ari yo ngiro.



Bahuwiyongera Sylvestre/ Bwiza.com


