Umupolisi ahitwa Kazo mu Karere ka Kiruhura mu gihugu cya Uganda yatawe muri yombi azira kurasa akica abaturage babiri yashinjaga guteza umutekano mucye kuri station ya polisi.
Uyu mupolisi witwa Sam Bebirweki ngo yarashe mu gatsiko k’abatwara bodaboda bari bateye station ya polisi ya Kanoni ngo bashaka umuntu ufunze azira kuba yaribye moto.
Abaturage bishwe ni Richard Kankiriho w’imyaka 35 wo mu Karere ka Ibanda ahitwa Nyakatokye, n’undi witwa Edward wo mu Karere ka Kamwegye ahitwa Kigoto Kitagwenda.
Ibi bije nyuma y’aho umujura yafatanywe moto yo mu bwoko bwa Bajaj ifite numero ya puraki UEF 246Q bivugwa ko yari yibwe umwe mu bamotari mu mujyi wa Kanoni. Icyo gihe ngo abapolisi babashije gutabara uyu mujura ku gihe bakujyana kuri station ya polisi ya Kanoni.
Kuri uyu wa Mbere ushize nk’uko Chimpreports ivuga, ngo abamotari barisuganyije batera station ya polisi bashaka kwinjira ku ngufu muri kasho babiri muri bo bararaswa.
Nyuma y’ibi bintu habayeho imyigaragambyo ikomeye y’abamotari bafunga umuhanda Kazo-Ibanda, barangije batwika inzu 2 bivugwa ko harimo iy’umupolisi, Sam Bebirweki warashe bagenzi babo ndetse n’iy’umuyobozi ushinzwe kurwanya ibyaha uzwi nka Idi Drogba.
Umuyobozi wa polisi muri aka karere, DPC Benson Byaruhanga, yategetse ko umuyobozi wa station ya polisi, Tiberindwa ndetse n’umupolisi Sam Bebirweki warashe, bafatwa, avuga ko ko aba bapolisi bazahanirwa ibikorwa byabo byaguyemo abaturage batari bitwaje intwaro, asaba abaturage kureka kwihanira bakajya bakorana na polisi.
Aya makuru kandi ngo agiye ahagaragara nyuma y’iminsi micye na none abantu batandatu, mu turere twa Kasese na Kabarole, barashwe n’abapolisi n’abasirikare bagapfa nyuma yo gushinjwa gushaka kubambura imbunda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



