Perezida Museveni yitabaje abahoze mu gisirikare ngo bamufashe guhangana n'ubwicanyi muri Kampala

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yahamagaje abahoze mu gisirikare bagera ku 24,000 ngo barusheho gukaza umutekano muri Kampala na Wakiso, aho mu ijambo yagejeje ku gihugu yavuze ko igihe cyo kugira igikorwa ku bwicanyi bumaze iminsi kigeze.

Ibi bibaye nyuma y’iyicwa ry’uwahoze ari komanda wa polisi mu Karere ka Buyende, Muhammad Kirumira wiciwe kuwa Gatandatu ushize I Bulenga mu Karere ka Wakiso arashwe n’abagabo babiri bari bari kuri moto.

Perezida Museveni mu burakari bwinshi ageza ijambo ku gihugu mu ijoro ryakeye kuri iki Cyumweru, itariki 09 Nzeri, yavuze ko abakora iterabwoba mu mijyi yise ibigwari bakeneye kwitabwaho hakoreshejwe uburyo bwakoreshejwe muri Luwero, yongeraho ko ari bwo bazamenya ko bari gukina n’inzovu batazi.

Perezida Museveni ati: “ Twacecetse igihe kirekire barimo kutwicira abaturage ariko ubu ni igihe cyo kugira igikorwa .”

Perezida wa Uganda nk’uko tubikesha Spyreports, yanahishuye ko iyo haza kuba abahoze mu gisirikare ku muhanda wa Bulenga, bari kuba barishe abishe Kirumira, avuga ko aba birukankanywe n’abamotari ariko ntibabashe kubafata kuko bari kuri moto nziza za siporo.

Amakuru akomeza agera kuri uru rubuga akaba anavuga ko igipolisi cyategetse abantu bose bafite moto za siporo kuzandikisha bagatanga n’imyirondoro yabo mbere y’uko uku kwezi kurangira mu rwego rwo kumenya abazitunze n’umubare wabo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *