Uganda: Christine Mbabazi wari ihabara rya Kaweesi arasaba uburenganzira bwo kwidegembya

Sangiza iyi nkuru

Umunyamategeko w’uburenganzira bwa muntu muri Uganda, Ladislaus Rwakafuuzi, yagejeje ikirego  imbere y’Urukiko rukuru asaba guha uburenganzira bwo kwidegembya Christine Mbabazi, wari inshuti (ihabara) ya AIGP Andrew Kaweesi, kuri ubu ufungishijwe ijisho atava mu rugo.

Mu busabe bwe, Rwakafuuzi yavuze ko umukiriya we n’abana be bafungiwe mu rugo ruri Lungujja, mu nkengero za Kampala, kuva ku itariki 15 Nzeri 2017.

Ubu busabe bukaba buvuga ko Christine Mbabazi avuga ko atemerewe kuva mu rugo cyangwa kugira abashyitsi abonana nabo. Anavuga ko atemerewe kugira umuntu ahamagara kuri telephone.

Mbabazi avuga ko yafungiwe muri iyo nzu ku mabwiriza y’umukuru w’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), Col Kaka Bagyenda nk’uko iyi nkuru dukesha The Independent ikomeza ivuga.

Mbabazi akomeza avuga ko Col Kaka akomeje kumufunga avuga ko ari umutangabuhamya w’ingenzi mu iyicwa rya AIGP Kaweesi wishwe muri Werurwe 2017, cyangwa ari umwe mu bakekwaho kugira uruhare muri iri yicwa.

Mbabazi akomeza avuga ko uku gufungwa kwamugizeho ingaruka zikomeye kuko n’abana be batabasha kujya ku ishuri ndetse ngo no kubona ibimutunga n’imiti bitamworohera.

cvbamvn1vi5mli6vaamzsh0slfpah73y
Kaweesi akiriho ndetse na Mbabazi

Akomeza avuga ko yari azi Kaweesi nk’inshuti ariko atazi impamvu yishwe. Agasanga gufungwa kwe nta shingiro gufite kuko atanagezwa imbere y’urukiko ngo amenye icyo ashinjwa.

Arasaba urukiko gutegeka umuyobozi wa ISO, ndetse n’umujyanama wa leta mu by’amategeko, kumurekura. Urukiko ariko ntiruratangaza itariki ruzumviraho iki kibazo.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *