Tanzania: Indaya 500 n’abakiriya bazo 300 mu maboko ya polisi

Sangiza iyi nkuru

Tanzania yataye muri yombi abakekwaho gukora uburaya babarirwa muri 500 ndetse na hafi 300 y’abasambane babo mu rwego rwo guca uburaya.

Byari bitegenyijwe ko aba mbere muri aba bagezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa gatatu nk’uko uwungirije umukuru w’igipolisi muri Dar es Salaam yabitangarije BBC dukesha iyi nkuru yemeza itabwa muri yombi ryabo.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yamaganye iki gikorwa cyatangiye mu cyumweru gishize, isaba igipolisi kutagumana abo cyafashe amasaha arenze 48 ateganywa n’amategeko.

prostitutes_421217179
Indaya i Dar es Salaam zimaze iminsi zikina na polisi uw’injangwe n’imbeba

Uburaya ntabwo bwemewe muri Tanzania

Perezida mushya wa Tanzania, John Magufuli, wagiye ku butegetsi ku iturufu yo guca ikitwa ruswa cyose n’igisa nayo, yari aherutse kunenga uburaya mu gihugu cye, akaba yariyemeje gukomeza kubahiriza amategeko kuva yajya ku butegetsi mu Ugushyingo umwaka ushize.

Uyu wungirije umukuru w’igipolisi muri Da es Salaam, Simon Siro, akaba yabwiye ishami rya BBC ry’Igiswahili ko abafashwe bafungiye muri gereza zigera kuri 3 hirya no hino mu mujyi.

Yasobanuye ko ibikorwa byo kwicuruza biba bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ibindi byaha by’ubugizi bwa nabi muri Tanzania.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *