Perezida Tran Dai Quang wa Vietnam yasezeye ku Isi y’abazima

Sangiza iyi nkuru

Perezida Tran Dai Quang wa Vietnam yitabye Imana kuri uyu wa gatanu, itariki 21 Nzeri ku myaka 61 y’amavuko. Uyu akaba yari azwiho gutsimbarara ku matwara ya gikomunisiti ndetse no kutorohera abatavuga rumwe nawe.

Perezida Tran Dai Quang yari ku butegetsi kuva mu 2016, akaba yarakomeje imirimo ye kugeza ubwo yapfaga nubwo yari arwaye bikomeye nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Vietnam, VNA.

Uyu niwe wari isura y’ubutegetsi ku ruhando mpuzamahanga nk’aho yitabiriye inama y’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Aziya na Pasifika (APEC) mu Ugushyingo 2017, akaba yari umwe mu batsimbaraye ku mahame bari hejuru mu butegetsi barimo Minisitiri w’Intebe, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka rya gikomunisiti riri ku butegetsi.

Tran Dai akaba yari umurwanashyaka ukomeye w’ishyaka rya Gikomunisiti muri Vietnam, ari naryo shingiro ry’ubutegetsi, rigomba no guhitamo ugomba kumusimbura. Igenda rye ariko ngo ngaruka zikomeye rizagira ku butegetsi asize.

2017 11 08t091208z 867394107 rc1581939090 rtrmadp 3 apec summit
Perezida Tran Quang ubwo yari mu nama ya APEC

Iyi nkuru dukesha RFI irakomeza ivuga ko uyu mugabo wigeze kuba minisitiri w’umutekano ubutegetsi bwe bwaranzwe no kutorohera utaravugaga rumwe nawe wese muri iki gihugu cya Vietnam bivugwa ko asize imfungwa nyinshi za politiki ndetse n’abanyamakuru bafunze.

Ngo na nyuma yo kuba perezida, Tran Dai yakomeje gukurikirana bya hafi imikorere yo kubangamira abatavuga rumwe n’ubutegetsi yaranze minisiteri yayoboraga.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *