Ese koko  Diane Rwigara na nyina bari mu nzira zisohoka gereza ?

Sangiza iyi nkuru

Amakuru akomeje gucicikana aravuga ko  Diane Nshimiyimana Rwigara n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi Rwigara bazarekurwa bakemererwa kuburana bari hanze mu cyumweru gitaha.

Kimwe mu bitangazamakuru byo hanze cyemeza gishimitse ko aya makuru ariyo kuko ngo  yemejwe n’u muntu uri hafi y’inzego z’ubutabera mu Rwanda utatangajwe amazina.

Biravugwako aba baregwa bazitaba urukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Ukwakira 2018 aho kuba ku wa kane tarikiya 11 Ukwakira 2018 nk’uko byari byatangajwe mbere.

Ibi birimo kuvugwa nyuma yaho kuwa 24 Nzeri 2018, umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubitse urubanza ubushinjacyaha buregamo abo mu muryango wa Assinapol Rwigara ibyaha byo guteza imvururu muri rubanda. Bishingiye ku kuba abunganira abaregwa barihannye umwe mu bacamanza bagize inteko iburanisha.

Diane Rwigara na Adeline Mukangemanyi basabaga gufungurwa by’agateganyo kandi ntibashakaga ko ubusabe bwabo bwasuzumwa uwo mucamanza ari mu nteko y’iburanisha kuko ngo yagize uruhare mu byemezo byabanje bibafunga by’agateganyo.

Byabaye ikinyuranyo ku mucamanza wari ukuriye inteko iburanisha ubwo yari yiteze gutangira kumva ubwiregure bw’abaregwa. Yavuze ko mu gitondo cyo ku wa 24 Nzeri uyu mwaka  yakiriye amabaruwa yanditswe n’abaregwa basaba gufungurwa by’agateganyo bagakurikiranwa bari hanze.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira na Adeline Mukangemanyi ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *