Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Nyuma yaho Leta ya Pierre Nkurunziza itangaje ko igiye kwikura mu bihugu bigize akanama k’ Uburenganzira bwa muntu muri Loni, kongereye Komisiyo y’ iperereza ku Burundi manda nshya. Uyu mwanzuro wemerera iyi Komisiyo gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe n’ inzego z’ umutekano nyuma yaho Perezida Nkurunziza atorerwa kuyobora manda ya gatatu mu Burundi wafashwe n’ […]

Bamwe mu banyarwanda bakoreye Leta zirenze imwe

Uru ni urutonde rwa bamwe mu bayobozi bakuru bakiriho n’ abatakiriho bakoreye na Leta zirenze imwe bitewe n’ amateka ya politiki ndetse n’ impinduramatwara byaranze u Rwanda mu bihe bitandukanye hagati y’imyaka ya 1973 kugeza ubu. Benshi muri aba abanyapolitiki bari kuri uru rutonde rwa Bwiza.com rutari intakuka ndetse abarugaragaraho bagiye bahunga itotezwa rya Leta […]

Iburasirazuba: Min. Nyirasafari ntiyumva icyihishe inyuma y’inda zikomeje kuvuza ubuhuha mu bana

Abagore bari mu buyobozi bahawe umukoro wo gushyira ingufu mu kurinda abana b’abakobwa gutwara inda zitateganyijwe bagirana ubufatanye n’inzego zishinzwe kubahiriza amategeko bakamenya ko abahohotera abo bana bakurikiranwa bakabihanirwa. Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Esperence Nyirasafari avuga ko buri wese agomba guhangayikishwa n’ubwiyongere bwo gutwara inda kw’abana bakiri bato avuga ko ari ikibazo gikomeye kuri gahunda […]

Ese koko  Diane Rwigara na nyina bari mu nzira zisohoka gereza ?

Amakuru akomeje gucicikana aravuga ko  Diane Nshimiyimana Rwigara n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi Rwigara bazarekurwa bakemererwa kuburana bari hanze mu cyumweru gitaha. Kimwe mu bitangazamakuru byo hanze cyemeza gishimitse ko aya makuru ariyo kuko ngo  yemejwe n’u muntu uri hafi y’inzego z’ubutabera mu Rwanda utatangajwe amazina. Biravugwako aba baregwa bazitaba urukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa kuri uyu […]

Uburozi bwa Mobetto bwamaze kunyinjira-Diamond

Umuhanzi Diamond Platnumz atangaza ko yumva uburozi Hamisa Mobetto umaze iminsi ashinjwa kumuroga  bwaba bwaramwinjiye mu mubiri. Mu ndirimbo nshya yitwa ‘Katika’ uyu muhanzi yafatanyije na mugenzi we Navy Kenzo aririmba  avuga ko  burozi bwa Mobetto bwamaze kumugera mu mubiri. Aririmba agira ati”  Uko gateye, kuri ubu uburozi bwamaze kunyinjira” N’ubwo uyu muhanzi atagize byinshi […]

Impamvu Museveni yahishe Gen Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Maj Gen. (Rtd) Mugisha Muntu, umusirikare w’umunyapolitiki uherutse kwitandukanya n’ishyaka FDC, ngo yahishwe na Perezida Museveni umugambi wa FPR wo gutangiza urugamba rwo kubohora U Rwanda mu 1990 mu gihe nyamara yari umugaba w’ingabo za Uganda icyo gihe kuva mu 1989 kugeza mu 1998. Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kivuga ko cyumva ko mu gihe […]

Nyamasheke: Abashinzwe abinjira n’abasohoka barashinjwa guteza igihombo abacuruzi b’amatungo

Aborozi n’abacuruzi bakorera mu isoko rya Rugari, mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba, barataka igihombo bavuga ko bakomeje gutezwa n’icyemezo cy’abashinzwe abinjira n’abasohoka gikumira abaguzi baturuka mu Karere ka Birava muri Teritwari ya Kabare ku ruhande rwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ikibazo bivugwa ko kimaze imyaka isaga ibiri ariko inzego z’ubuyobozi zikavuga […]

Angelina Jolie araririra mu myotsi nyuma yo  gutandukana n’umugabo

Umugore w’icyamamare mu gukina filimi, Angelina Jolie aricuza bikomeye kuba yaratandukanye  n’umugabo  we, Brad Pitt. Inshuti ya hafi y’uyu mugore yabwiye Hollywoodlife dukesha iyi nkuru ko Angelina Jolie azahajwe n’urukumbuzi agirira Brad Pitt. Iti”  Uko iminsi ishira agenda akumbura Brad Pitt nko kuba yaba amuryamye iruhande, kwirirwana na we, kuryamana na we, uburyo ahumura n’inseko […]

Ubucuti bwa Kagame na Mnangagwa bayoboye ibihugu byakozanyijeho muri Congo

Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe ngo yaba yifuza gutera ikirenge mu cya perezida w’U Rwanda, Paul Kagame mu kuzamura ubukungu bw’igihugu hagendewe ku kwishakamo ibisubizo ndetse no kurebera ku mikorere ya bimwe mu bihugu bya Aziya bifite umuvuduko mu bukungu nka za Singapore, Malaysia n’ibindi. Ikinyamakuru The Independent cyo muri Zimbabwe cyatangaje ko kuva yajya […]

Mu gihe Kagame ashima PAC, abayitungira agatoki bo bari mu mazi abira

Ibiro by’Umugenzuzi w’imari ya Leta bimaze imyaka isaga itanu bigaragaza abayongobeza umutungo wa Leta, umuke ukagaruzwa ariko umwinshi ukaburirwa irengero, nyamara ababikora ntibabiryozwe. Akanama gashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta, PAC, nako kagasaba ko bikosoka, ariko inzira ikomeje kuba ndende. Mu bucukumbuzi twabakoreye tuzasohora mu ruhererekasne rw’inkuru, twasanze ahubwo bamwe mu batuma amakuru y’inyerezwa ry’uyu […]

Bamwe mu baperezida ba Afurika bavugwaho gukoresha abana babo mu gusahura

Byamaze kumenyerwa ko iyo umuntu abaye perezida muri Afurika harimo abashishikazwa no kwikwizaho imitungo yakogombye gufasha iterambere ry’ igihugu akawukwirakwiza ku bamukomikaho, abafitanye isano nawe , inshuti ze zo hafi ariko abana be n’ umugore we bakaba akarusho. Mu myaka myinshi itambutse ibyo bikorwa byo gusahura umutungo w’ abenegihugu byagiye bihira abana b’ abaperezida kuko […]

Liberia: Umuhungu w’uwahoze ari perezida yasabiwe gutabwa muri yombi

Urukiko mu gihugu cya Liberia rwasohoye impapuro zo guta muri yombi umuhungu wa Ellen Johnson Sirleaf, wahoze ari perezida w’iki gihugu, ndetse n’abandi bantu bagera kuri 30 bahoze bakorera Banki Nkuru y’Igihugu bakekwaho uruhare mu irigiswa ry’akayabo ka miliyoni 104$ zaburiwe irengero zijyanwa kuri iyi banki nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 28 Nzeri. […]

Alpha Blondy aranenga abaperezida b'Afurika bivuriza mu mahanga

Umuhanzi w’ icyamamare ku Isi mu njyana ya Reggae, Alpha Blondy yikomye bikomeye abaperezida bo muri Afurika bajya kwivuriza mu bitaro bihenze mu mahanga mu gihe abaturage babo bakomeje gupfa babura imiti. Ahereye ku ndirimbo zigaragara kuri iyi Album “ Human Race” nka” Nos Hopitaux sont malades” na “Les Paiens” , Alpha Blondy yasobanuye impamvu […]