RDC/ Beni: Harifuzwa ingabo za SADC ngo zihagarike ubwicanyi

Sangiza iyi nkuru

Amashyaka atavuga rumwe na Leta ya Congo/Kinshasa, avuga ko ubwicanyi ndengakamere bukomeje gukorerwa abaturage bo muri Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru nta kindi cyabuhagarika uretse kohereza muri aka gace ingabo zidasanzwe z’ Umuryango  w’iterambere rya Afurika y’Amajyepfo ( SADC).

Ku Cyumweru tariki ya 30 Nzeri 2018, nibwo abatavuga rumwe na Leta basabye akanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano gufatira umwanzuro iki kibazo cy’ubwicanyi muri Beni, ndetse no koherezayo ingabo zirinda abaturage mu buryo bwihariye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’aya mashyaka, bagaragaza uburyo ubwicanyi bwagiye bukorwa muri aka gace ka Beni mu myaka ine ishize, abaturage ba Beni bicwa n’imitwe y’inyeshyamba cyane cyane inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda.

Nk’uko radiyo Okapi ibitangaza, inyeshyamba za ADF zishinjwa kwica abaturage, kubakata amajosi ndetse no gutwika abasaga 2000 ari bazima.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa RCD/KML, Evariste Malyakwanza, bashinja inzego za Leta n’iz’umutekano za Congo. kunanirwa kubungabunga umutekano w’abaturage bo muri Beni.

Bakomeza bavuga ko ibyorezo bibiri “Ebola n’ubwicanyi’ bikomeje kubera imbogamizi ubuzima bw’abaturage, batari abo muri Beni gusa ahubwo b’igihugu muri rusange.

Amashyaka ya politiki akorera muri Beni akaba asaba ko akanama ka Loni gashinzwe umutekano katora umwanzuro wihuse wo kubungabunga ubuzima bw’izi nzirakarengane muri Beni, by’umwihariko bagasaba ko ingabo za SADC zakoherezwayo vuba.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *