Umuhanzikazi Rihanna yanze kwitabira igitaramo kizatangiza Shampiyona Y’Umupira w’Amaguru (NFL) cyitwa Super Bowl III kubera ihohoterwa rikorerwa abirabura muri Amerika.
Ikinyamakuru US Weekly gitangaza ko Rihanna yari yasabwe kuzaririmba mu gitaramo kizabera Atlanta gusa ngo ntazitabira kubera ibyabaye kuri Colli kaepernick wapfukamye ubwo harirmbwaga indirimbo yubahiriza igihugu nk’ikimenyetso cyo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abirabura.

Kaepernick ubwo yigaragambyaga arwanya ihohoterwa rikorerwa abirabura
Biravugwako Maroon 5 ari we wahise ahabwa umwanya wa Rihanna kandi ko abandi barimo Kendrick Lamar, Christine Aguilera na Cardi B bazaba bahabaye.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Kugeza ubu Rihanna ntaratangaza impamvu nyamUkuru yamuteye kureka igitaramo gikomeye. Nyamara bivugwa ko Kaepernick asanzwe ari umwe mu bashyigikira uyu muhanzi kandi ntarye n’umunwa mu ruhame kuko avuga iyo Rihanna yinjiye mu gitaramo buri wese abyumva.


