Icyo ubuyobozi bwa FC Barcelona buvuga ku makuru yo kwisubiza Neymar

Sangiza iyi nkuru

Visi Perezida w’ikipe ya FC Barcelona, Jordi Cardoner avuga ko amakuru amaze iminsi acicikana hirya no hino mu binyamakuru, ko Neymar Junior agiye gusubira muri iyi kipe, nk’ubuyobozi bw’ikipe ngo nta kintu bwari bwabiganiraho.

Amakuru yatangajwe muri iki cyumweru, yavugaga ko Perezida w’ikipe, Josep Maria Bartomeu yagiranye ikiganiro n’abakinnyi b’ibikomerezwa ngo ababaza niba igaruka rya Neymar hari icyo ryafasha ikipe.

Nk’uko ikinyamakuru Goal kibitangaza, ku ruhande rwa Jordi Cardoner arabihakana avuga ko mu buyobozi bwabo, iyi ngingo batigeze bayiganiraho, ati “Nta numwe mu buyobozi bw’ikipe wigeze avuga ku igarurwa rya Neymar. Nta gisubizo nabitangaho kuko nta muyobozi n’umwe wigeze avuga kuri iyi ngingo”.

Akomeza avuga ko igihe cyose babona ari ngombwa kumugarura, nk’ubuyobzi bwakwicara bukabiganiraho, ati “Dushaka kugiraba amasezerano nawe nk’ubuyobozi twabiganiraho, ariko kugeza saha izi nta muntu numwe wari wavuga kuri iyi ngingo yo kumugarura”.

Neymar da Silva Santos Jàºnior, ni umunya Brezil w’imyaka 26 y’amavuko, wagiranye amasezerano n’ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) ku wa 3 Kanama 2017 yo kuyikinira kugeza kugeza mu 2022.

Mu gihe ibihuha bikomeje kwiyongera ko ashobora kuva muri iyi kipe agasubira mu Barca, uyu musore aherutse gutangaza ko muri PSG nta kibafo ahafitiye, abanye neza na bagenzi be, by’umwihariko ko nta gahunda yo kuyivamo afite mu  gihe amasezerano bagiranye ari ayo kugeza mu 2022.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Inline Related Posts” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *