Aimable Bayingana yatorewe kuyobora ihuriro ry’umukino w’amagare rya OIF

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwanda Aimable Bayingana yatorewe kuyobora Ihuriro ry’umukino w’amagare ry’ibihugu bikoresha Igifaransa (Union Francophone de Cyclisme) ribarizwa mu muryango wa OIF.

Aimable Bayingana usanzwe ari perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), yatorewe I Paris kuri uyu wa gatanu, itariki 19 Ukwakira 2018 muri kongere ya Union Francophone de Cyclisme (UFC) yateraniye ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Bufaransa.

Bayingana akaba abaye umuyobozi wa kabiri w’iri huriro, usimbuye Umunya-Maroc, Me Mohammed Ben El Mahi, wari uyoboye iri huriro kuva ryashingwa mu 2014.

Hejuru y’izi nshingano nshya no kuba asanzwe ari perezida wa FERWACY, Bayingana ni n’umwe mu bagize Komite nshingwabikorwa y’impuzamashyirahamwe nyafurika y’umukino wo gusiganwa ku magare (CAC).

Itorwa rya Bayingana nk’uko The New Times ibishimangira, rije nyuma y’itorwa rya Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) ryabaye kuwa 12 Ukwakira mu nama ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye I Yerevan muri Armenia.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *