Umugabo witwa Bruce Michael Alexander watawe muri yombi ashinjwa gukora ku mabere y’umugore bari kumwe mu ndege yavuze ko ibyo yakoze nta kibazo kuko na Perezida Trump abishyigikiye.
Ni nyuma yaho umugore utatangajwe amazina atangarije polisi ko yari asinziriye ubwo yari mu ndege yavaga Houston yerekeza Albuquerque agakangurwa n’intoki zamukoraga ku mabere agira ngo ni impanuka.
Uyu mugore avuga ko nyuma y’iminota 30 uyu mugabo yongeye kumukorakora bityo asaba ko yahindurirwa umwanya.
Uyu mugabo ubwo yatabwaga muri yombi na polisi yo muri Leta ya New Mexico yavuze ko nta kosa yakoze kuko Trump yavuze ko nta kosa ririmo gukora ku myanya y’ibanga y’umugore.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Uyu mugabo avuga ko yagendeye ku magambo yavuzwe na Perezida Trump mu myaka ibiri ishize.
Mu 2016 Trump yumvikanye ku majwi yafashwe kuri kasete avuga ko we yakora abagore ku myanya y’ibanga ntagire icyo aba kubera ko ari icyamamare.


