Iburengerazuba na Musanze: Aborozi barataka igihombo, Litiro yâamata ya 50Frws yabuze uyigura
Mu ntara y’Iburasirazuba, mu nzuri za Gishwati no mu nkengero zaho, mu karere ka Musanze , Aborozi ndetse nâabanyamuryango ba za koperative zâamakusanyirizo y’amata barataka igihombo, barasaba leta kugira icyo ikora nyuma yaho uruganda rwa Mukamira Diary ruhagaritse amata yo mu cyiciro cya kabiri bikabateza igihombo gikomeye bigeze naho Litiro ya 50, kubona uyigura bitoroshye. […]
Itangazo ryo guhindura izina
Hafi 20% byâAbanyarwanda ntibazi uburenganzira bwabo – CNDH
Abanyarwanda babarirwa muri 20% ngo ntibazi ibijyanye nâuburenganzira bwabo, aho Komisiyo yâIgihugu yâUburenganzira bwa Muntu (CNDH) ivuga ko mu ngamba zayo za 2018-2023 izibanda ku bukangurambaga bugamije kumenyesha abantu uburenganzira bwabo mu rwego rwo kugabanya iyi mibare itari mito. Umuyobozi wa CNDH, Nirere Madeleine avuga ko Abanyarwanda 80% ari bo basobanukiwe ibijyanye nâuburenganzira bwabo mu […]
C.Ronaldo yavuze uko ahagaze nyuma yo gushinjwa gusambanya ku ngufu
Icyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo, avuga ko nta kibazo na kimwe afite ndetse ko abamwunganira mu mategeko bifitiye icyizere mu gihe ashinjwa gufata ku ngufu umukobwa wâimyaka 34 yâamavuko. Umukobwa witwa Kathryn Mayorga avuga ko uyu munyapolitigali ukinira ikipe ya Juventus yamusambanyije ku ngufu mu mwaka wa 2009, amusambanyiriza muri Hoteli âPalms Hotel and Casinoâ […]
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe nâigisirikare cya Congo
Abarwanyi bane bo mu nyeshyamba za RED- Tabbara zikomoka mu Burundi bishwe nâigisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) abandi batandatu bafatwa mpiri. Aba bafashwe bafungiye muri kasho yâingabo za FARDC, kuva ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukwakira 2018, i Uvira muri Kivu yâAmajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Igisirikare cya Congo, gitangaza ko […]
Uganda: Urukiko rwahaye igihano uwasambanyaga umwishywa akanamutera sida
Umucamanza wâUrukiko Rukuru rwa Kampala, Alex Ajiji, yakatiye umusore wâimyaka 27 igihano cyâigifungo cyâimyaka 17 nyuma yo guhamwa nâicyaha cyo gusambanya mwishywa we wâimyaka 9 akanamwanduza agakoko ka sida. Uwahamwe nâicyaha, David kayondo, byemejwe nâabaganga ko ari we wasambanyije uyu mwana wâumukobwa wa mushiki we ubwe ndetse akamwanduza agakoko gatera sida nkâuko iyi nkuru dukesha […]
Oda Paccy yirukanwe burundu mu ntore z'igihugu
Kuri uyu wagatatu tariki 24 ukwakira 2018, umuyobozi wâItorero ryâIgihugu, Bwana Bamporiki Edouard, yatangaje ko yambuye burundu izina ryâubutore umuhanzikazi Oda Paccy kubera imyitwarire ye inyuranyije nâumuco wâubutore. Mu itangazo ryavuye mu biro bye Bwana Bamporiki yagize ati âNshingiye ku bubasha mpabwa nâUmutoza wâIkirenga wandagije Itorero; ndamenyesha Abanyarwanda ko uwari waratojwe agahabwa izina ryâ âIndatabigwi […]
Bobi Wine yashyizwe  ku rutonde rwâabayobozi basaga 15 bazicwa
Polisi ya Uganda irimo gukora iperereza ku rutonde rwashyizwe ahagaragara nâabantu bataramenyekana  ruriho abantu b’abayobozi 16 bazicwa barimo umudepite wa Kyadondo yâiburasirazuba, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine. Benshi muri aba biganjemo abanyepolitiki, abanyamadini nâabayobozi gakondo. Kuri uru rutonde hagaragaraho aba bakurikira: Minisitiri wâIntebe wâUbwami bwa Buganda( Katikkiro)  Charles Peter Mayiga,  Depite wâagace ka […]
RDC: Igipolisi cyatangiye gukarishya abapolisi bazarinda abakandida mu kwiyamamaza
Abapolisi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bari gutozwa ibijyanye no kurinda inzego zâingenzi za leta no guherekeza no kurinda abakandida mu matora ya perezida ateganyijwe mu mpera zâuyu mwaka. Aya mahugurwa yo kongera gukarishya aba bapolisi bashinzwe kurinda ibigo byâingenzi bya leta ndetse nâabayobozi yateriwe abapolisi 512 nâinkeragutabara zigera kuri 50. Ubwo yagiranaga nabo […]
Umugabo yakorakoye imyanya y'ibanga y'umugore yitwaje amagambo ya Trump
Umugabo witwa Bruce Michael Alexander  watawe muri yombi ashinjwa gukora ku mabere yâumugore bari kumwe mu ndege yavuze ko  ibyo yakoze nta kibazo kuko na Perezida Trump abishyigikiye. Ni nyuma yaho umugore utatangajwe amazina atangarije polisi ko yari asinziriye ubwo yari mu ndege yavaga Houston yerekeza  Albuquerque agakangurwa nâintoki zamukoraga ku mabere agira ngo ni impanuka. […]
Kigali: Ikigo âBTCâ gihugura kikanigisha itangazamakuru cyorohereje urubyiruko
Mu rwego rwo gufasha urubyiruko kwiga imyuga, Ikigo BTC (Belgine Training Center) gihugura kikanigisha itangazamakuru, kiratangaza ko cyagabanyije ibiciro ndetse kikanongera umubare wâamasomo gitanga. Iki kigo gikorera mu Mujyi wa Kigali, imbere ya sitade Ragional i Nyamirambo mu kigo cyâAbasaveri, kikaba gihugura ndetse kikanigisha itangazamakuru, ariko kuri iyi nshuro mu rwego rwo korohereza urubyiruko kwiga […]
Arusha: Guverinoma yâu Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi
Icyiciro cya gatanu cyâibiganiro bihuza Abarundi cyatangiye kuri uyu wa gatatu, itariki 24 Ukwakira I Arusha muri Tanzania. Ni ko kugerageza kwa nyuma guhuza Abarundi kubaye kwâakarere mu gihe Guverinoma yâu Burundi nâishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD byanze kwitabira ibi biganiro. Umuvugizi wa Guverinoma yâu Burundi, Prosper Ntahorwamiye, yatangarije RFI ko ari ukubera impamvu yâicyunamo […]
Perezida Kagame arashimira abamwifurije isabukuru nziza yâamavuko
Perezida Kagame arashimira imbaga yâabanyarwanda nâabanyamahanga bamwifurije isabukuru nziza yâamavuko ubwo yuzuzaga imyaka 61. Ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukwakira 2018, nibwo Umukuru wâIgihugu, Paul Kagame yari yujuje imyaka 61 yâamavuko, abantu bâingeri zose, abanyarwanda nâabanyamahanga, bakaba bamwifurije isabukuru nziza, ari nako bamwifuriza kuramba, gukomeza neza urugendo ruganisha u Rwanda aheza,⌠Umukobwa we, Ange […]
Umugabo w'umuhanzikazi Fille Mutoni  yariye karungu
Umugabo wâUmunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Fille Mutoni ari we Edwin Katamba uzwi nka MC Kats yarakariye  inshuti ze za hafi nâitangazamakuru ryo muri Uganda ariryoza ko kuwa 23 kwakira 2018 ryafashe iya mbere rigatangaza ko yatandukanye nâumugore we. MC Kats yababajwe ahanini nâuburyo inshuti ze za hafi zafashe iya mbere zikabwira itangazamakuru […]
U Rwanda rutunzwe cyane cyane nâibyo kurya biva mu Burundi-J.C Karerwa
Perezida wâu Burundi, Pierre Nkurunziza, akomeje kugaragaza urugero imibanire igihugu cye nâu Rwanda igezeho agaragaza ko bitari hafi aha kongera gucana uwaka, aho yongeye kubuza abaturage be kohereza ibicuruzwa byâibyo kurya mu Rwanda umuvugizi we avuga ko rutunzwe nâibyo byo kurya biva mu Burundi. Abinyujije ku muvugizi we, Jean Claude Karerwa (uri ku ifoto), Perezida […]
Somalia: Abantu 30 biciwe mu makimbirane ashingiye ku butaka
Abantu bagera kuri 30 muri Somalia biciwe mu mirwano yahuje imitwe 2 yâabarwanyi itavuga rumwe mu Ntara ya Sool mu majyaruguru yâiki gihugu nkâuko byemejwe nâabaturage ndetse nâabayobozi kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Ukwakira. Amakuru aturuka mu bashinzwe ubuzima aravuga ko abandi bantu basaga 90 bakomeretse, aho bivugwa ko bamwe muri bo ari abaturage […]
Nyamasheke: Umusaza wâimyaka 70 yafatanwe imiti ya magendu
Marekabiri Joseph wâimyaka 70 yâamavuko utuye mu mudugudu wa Kamarebe, akagari ka Mariba mu murenge wa Nyabitekeri , akarere ka Nyamasheke ari mu maboko ya polisi, sitasiyo ya Shangi nyuma yo gufatanwa imiti nâinshinge yakoreshaga avura abaturage anayibacuruza  mu buryo bwa magendu. Abaturage bavuga ko atari ubwa mbere afatanwa imiti nkâiyi akanabifungirwa, mu myaka ishize […]
Nyarugenge: Polisi yafashe imodoka ipakiye ibilo 280 byâinyama zirimo nâizangiritse
Haracyari abantu bacuruza, bakanatwara inyama mu buryo bunyuranyije nâamabwiriza ateganywa na Minisiteri yâubihinzi nâubworozi (MINAGRI), Polisi yâu Rwanda irasaba abaguzi kujya bitondera aho bagurira inyama kuko bimaze kugaragara ko hari bamwe bacuruza inyama zangiritse ku buryo zishobora gutera abantu uburwayi. Mu ijoro ryo ku itariki 22 Ukwakira, Polisi ikorera mu murege wa Nyakabanda mu Karere […]
Umugabo wa Nyiramasuhuko n'abandi 12 ntibagikurikiranweho jenoside
Ubushinjacyaha bukuru bwâu Rwanda bwamaze gushyingura dosiye ya Ntahobari Maurice na bagenzi be 12 bose batabaga mu Rwanda, bari bakurikiranweho jenoside yakorewe abatutsi, nubwo umugore we Nyiramasuhuko Pauline nâumuhungu we Ntahobari Shalom cyamaze kubahama. Uyu Ntahobari ukomoka i Butare wigeze kuyobora inteko ishinga amategeko ku ngoma ya Habyarimana, yababariwe hamwe na Major Kinyoni Stanislas ukomoka […]