Abantu barenga 50 nibo bamaze kugwa mu mirwano hagati y’amoko zabaye kuwa Kabiri w’iki cyumweru mu gace ka Somaliland mu gihugu cya Somalia.
Umwe mu babonye iby’izi mvururu akaba n’umuturanyi w’agace kabereyemo iyi mirwano, Ahmed Ismail wo mu cyaro cya Dhumey yatangarije Reuters dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu imirwano igikomeje.
Yagize ati” Habayeho ugutana mu mitwe kuva ejo hashize n’uyu munsi. Abishwe ntibarashyingurwa kuko imirwano igikomeje. Abakomeretswe baricwa no kuva amaraso menshi kubera ko nta vuriro riri muri kariya gace. Gusa bamwe bagiye bajyanwa mu bitaro bya kure.”
Aba baturage bapfa ahanini ubutaka bw’icyaro cya Dhumey kagenzurwa n’abo muri Somaliland mu gihe abo muri Puntland bavuga ko aka gace ari akabo.
Minisitiri w’Ibibazo by’imbere muri Puntland, Abdullahi Ali Hirsi yabwiye Reuters ko kugeza ubu habarurwa abantu 51 bamaze kugwa muri iyi mirwano mu gihe 120 bakomeretse.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
“ Twamaze kumenyako 51 bahasize ubuzima naho 120 bagakomereka.Ikibazo giteye inkeke ni uko n’abandi bitwaje intwaro bo mu yandi moko bashyigiye rumwe muri izi mpande zihanganye. Turasaba ko imirwano yahagarara ahubwo bakagana inzira y’ibiganiro.
Somalilandi ni agace kiyomoye kuri Somalia mu 1991. Kugeza ubu ntikaremerwa nk’igihugu cyigenga.


