Ururiko rwatanze impapuro zo guta muri yombi umwe mu bapolisi bakoranye bya hafi na Gen. Kayihura, ACP Siraje Bakaleke.
Uyu mugabo wahoze ayobora polisi mu gace ka Kampala yâamajyepfo arashakishwa nâurukiko kugira ngo aryozwe ibyaha birimo gukoresha ububasha yari afite nabi no gushimuta.
Umuyobozi wâubushinjacyaha bukuru muri Uganda, Alice Komuhangi ejo hashize yasabye urukiko rurwanya ruswa ko rugomba gukora ibishoboka byose uyu mugabo agatabwa muri yombi.
Atiâ Twoherereje ibiro bya polisi byose mu gihugu impapuro zita muri yombi Silaje Bakaleke. Ubu arahigwa. Gusa kugeza ubu ntituzi aho yaba aherereye.â
Uyu mushinjacyaha wa Leta yasabye Umuyobozi wâUrukiko Rurwanya Ruswa, Moses Nabende ko baba baretse gukurikirana umunyamategeko, Paul Mugoya ureganwa na Siraje Bakaleke maze  urubanza rwe rukazasubukurwa  kuwa 15 Ugushyingo 2018.
Ababuranira abaregwa nkâuko Dailymonitor ibitangaza basabye ko abahabwa dosiye za ngombwa kugira ngo bazabone uko baburana uru rubanza igihe ruzaba rutangiye kuburanishwa mu mizi.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Mu kiganiro ACP Siraje Bakaleke yagiranye na The Observer mbere yo kuburirwa irengero, yavuze ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma,agahamya ko abamukuriye ari bo bashaka kumwigizayo
Urubanza ruzakomeza kuwa 20 Ugushyingo 2018.
Uyu mugabo wakoranye bya hafi na Kayihura ku buryo bamwitaga âblue eyed boyâ we ugenekereje ni ukuvuga ko yari imboni yâijisho.


