Dr Rose Mukankomeje yatawe muri yombi na polisi

Sangiza iyi nkuru

Dr Rose Mukankomeje, wari umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe kubungabunga Ibidukikije (REMA), yatawe muri yombi na polisi akurikiranweho icyaha cyo kubangamira ubutabera.

Umuvugizi wa polisi, ACP Celestin Twahirwa, yemeje aya makuru, avuga ko ibyaha akurikiranweho bifitanye no kugerageza gukingira ikibaba abayobozi ba Rutsiro bakurikiranwe n’ubutabera.

images

ACP Twahirwa yagize ati: “N’ukuri yafashwe ari gukorwaho iperereza ku kibazo cya ruswa kirimo uwahoze ari mayor na Gitifu b’Akarere ka Rutsiro. Iperereza ryatangiye ibirenzeho bizatangazwa”.

Mu mwiherero wa 13 w’abayobozi b’igihugu uherutse kubera I Gabiro, perezida Kagame yavuze ko ruswa itazihanganirwa mu Rwanda nubwo ngo kuyirandura burundu bitoroshye.

Mu ntangiritro z’uku kwezi kwa gatatu nibwo uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge yatawe muri yombi afungirwa ku cyicaro gikuru cya polisi aho yahamagajwe ngo akorerweho iperereza nk’uko Newsofrwanda dukesha iyi nkuru ivuga.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *