Perezida Kagame yihanganishije  Tanzaniya na Malawi

Sangiza iyi nkuru

 Perezida w’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU)  yihanganishije Tanzaniya na Malawi ku bwo kubura abasirikare bayo mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo .

Perezida Kagame ubwo yari mu nama ya kabiri idasanzwe  ya AU Addis Abbeba muri Ethiopia  yihanganishije imiryango yaburiye abayo mu mirwano yasankiranyije inyeshyamba za ADF zigabiweho igitero n’ingabo za Monusco zifatanyije n’iza FARDC maze barindwi  barimo  batandatu bakomoka muri Malawi n’umwe ukomoka muri Tanzaniya bakahasiga ubuzima.

Yagize ati” Mu izina rya Afurika Yunze Ubumwe, ndihanganisha  Leta ya Tanzaniya na Malawi n’abaturage bazo  ku bwo kubura ababungabungaga amahoro babo muri iki Cyumweru. Amasengesho n’ibitekerezo byacu biri  kumwe n’imiryango yababuze ababo.”

Perezida Kagame kandi yaboneyeho umwanya kwifuriza Perezida wa Gabon urwariye muri Arabia Saoudite gukira vuba.

Ati”  Nanone turifuriza kurwara ubukira umuvandimwe, Perezida Ali Bongo no gutsimbatara kw’igihugu cye.”

Aya magambo afata mu mugongo y’uyu mukuru w’igihugu aje nyuma y’aho muri iki cyumweru Uhereye kuwa Mbere ushize, imirwano ikaze yabereye muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, mu birometero nka 94 uvuye ku mupaka wa Uganda.

Itangazo rya Loni rivuga ko abasirikare ba Monusco bakomoka muri Malawi 6 ndetse n’umusirikare umwe ukomoka muri Tanzania biciwe mu bitero bihuriweho na Monusco na FARDC byo kurwanya ADF.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wakora” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Iri tangazo ryongeyeho ko abandi bashinzwe kubungabunga amahoro bakomeretse ndetse umwe akaburirwa irengero.

Ni nyuma y’aho kandi mu rugamba rwa mbere rwahuje ingabo za Monusco na ADF izi nyeshyamba zari zivuganyemo abasirikare ba Tanzania bagera ku 10 bo muri Monusco.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *