Beni: Ibikorwa byo kurwanya Ebola byari byasubitswe byasubukuwe

Sangiza iyi nkuru

Ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byari byahagaritswe kubera umutekano mucye kuri uyu wa Gatandatu ushize byongeye gusubukurwa kuri iki Cyumweru.

Minisitiri w’ubuzima muri Congo yatangaje ko yari yafashe iki cyemezo cyo guhagarika ibikorwa byo guhangana na Ebola muri Beni kubera imirwano yaberaga muri metero nkeya uvuye ahari ikigo kivurirwamo abarwayi barembye cyane kirimo n’amazu y’abaganga.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, rikaba ryibukije ko abakozi baryo 16 bari I Beni bari bahungishirijwe I Goma ngo bitabweho nyuma y’ibyo babonye nyuma y’aho igisasu cyagwiriye kuri iyi nzu babagamo ariko kubw’amahirwe ntigiturike.

Ku mugoroba wo kuwa Gatanu nk’uko tubikesha BBC, ingabo za Loni zifasha mu kugarura amahoro muri Congo, Monusco ndetse n’ingabo za Congo, babashije gusubiza inyuma igitero cy’inyeshyamba za ADF mu mujyi wa Beni.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 18 Ugushyingo, ukuriye OMS yavuze ko bazakomeza gukorana na minisiteri ishinzwe ubuzima ya Congo hamwe n’abandi bafasha mu guhagarika iki cyorezo.

Bivugwa ko kuva iki cyorezo cyakwaduka kuwa 01 kanama muri uyu mwaka, kimaze guhitana abantu bagera muri 213 muri Beni.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *